Ikipe ya Motar
FC ikina mu cyiciro cya Kabiri muri
shampiyona y’u Rwanda yashyizeho Claude Basten nk’umutoza mukuru wayo, mu rwego
rwo gukomeza kongera imbaraga mu miyoborere ya tekiniki no gutegura ikipe mu
marushanwa y’umupira w’amaguru.
Claude
Basten ni umutoza w’umupira w’amaguru ukorera mu Rwanda, kandi amakuru aboneka
ku mbuga nkoranyambaga agaragaza ko afitanye isano ya hafi na Motard FC.
Kwinjira kwa
Basten muri Motard FC bije mu gihe ikipe ikeneye umutoza uzayifasha kunoza
imikinire, kongera imyitwarire y’abakinnyi ndetse no gushyiraho gahunda ihamye
yo guhangana n’andi makipe muri uyu mwaka w’imikino wa 2026/2027
Biteganyijwe
ko uyu mutoza mushya wa Motar Fc azibanda ku kubaka ikipe ihamye, guteza imbere
impano z’abakinnyi no kongera ubushobozi bw’ikipe mu mikino itaha.
Abakunzi ba
Motar FC bariteze kureba impinduka umutoza Claude Basten azazana, cyane cyane
ku bijyanye n’imikinire ndetse n’umusaruro w’ikipe mu marushanwa izitabira.
Mu kiganiro
na Coach Claude Basten yatubwiye ko
yishimiye gusinya muri Motar Fc byamushimishije cyane akaba muri uyu mwaka w’imikino
wa 2026/2027 yifuza kuzayigeza kureba bishoboka kuruta aho yageze mu mwaka
washize .
Yakomeje avuga muri gahunda azanye muri Motar Fc ari ugukora
cyane ku buryo ubwo Shampiyona y’icyiciro cya kabiri azayegukana akayizamura mu cyiciro cya mbere .
Tumubajije amasezerano bagiranye igihe azamara yatubwiye ko amasezrano ye na Motar FC ari ayu mwaka umwe ariko ashobora kuzongerwa bitewe n’umusaruro bazaba bagezeho.