• Amakuru / POLITIKI


Polisi ya Kenya yataye muri yombi abarwanashyaka n’abakora ubuvugizi bari mu myigaragambyo imbere y’icyicaro gikuru cya Polisi i Nairobi, aho bamagana ubugizi bwa nabi bwa Polisi, impfu z’abantu bari mu maboko yayo n’ubwicanyi bukozwe nta rubanza, basaba Umuyobozi Mukuru wa Polisi, Douglas Kanja, kwegura.

Amashusho agaragaza abapolisi bashyira bamwe mu bigaragambyaga mu modoka ibajyana ahantu hafungirwa abantu, mu gihe abafashwe bumvikanaga bavuga bati “Kanja agomba kugenda!”

Imbere ya Jogoo House, ahari icyicaro cya Polisi, abigaragambyaga bari bashyizeho amasanduku y’ikigereranyo yanditseho amagambo agira ati “Mudukingire”, ariko aza gukurwaho n’abapolisi.

Umurwanashyaka uharanira uburenganzira bwa muntu, Julius Kamau, yavuze ko abaturage bamaze kurambirwa ibyo yise ibikorwa bya Polisi byo kwica abantu nta mpamvu.

Ati: “Dufite uburenganzira bwo kubaho.”

Yasabye Abanyakenya guhaguruka bagaharanira hamwe ubwisanzure, ubutabera n’uburinganire.

Iyi myigaragambyo ibaye mu gihe Polisi ya Kenya imaze imyaka ishinjwa impfu z’abantu bari bafunzwe, kuburirwa irengero ku gahato no gukoresha ingufu zidakenewe mu guhangana n’abigaragambya.

Uburakari bw’abaturage bwiyongereye cyane nyuma y’urupfu rwa Albert Ojwang, umwarimu akaba n’umwanditsi wa blog, wapfiriye mu maboko ya Polisi muri Kamena 2025.

Isuzuma ry’umurambo we ryavuguruje ibisobanuro Polisi yari yabanje gutanga ku rupfu rwe. Nyuma, Umuyobozi Mukuru wa Polisi Douglas Kanja yaje kwisubiraho ku byari byatangajwe mbere ndetse anasaba imbabazi.

Kanja yavuze ko ubwicanyi bukozwe n’abapolisi butemewe n’amategeko, kandi ko abapolisi bazagaragarwaho imyitwarire mibi bazabihanirwa.

Kenya imaze igihe ihura n’imyigaragambyo ishingiye ku birego by’uko Polisi ikoresha ingufu z’umurengera, cyane cyane kuva mu myigaragambyo yo mu 2024 yamagana Leta, yahitanye abantu benshi.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments