Polisi ya Kenya yataye muri yombi abarwanashyaka n’abakora ubuvugizi bari mu myigaragambyo imbere y’icyicaro gikuru cya Polisi i Nairobi, aho bamagana ubugizi bwa nabi bwa Polisi, impfu z’abantu bari mu maboko yayo n’ubwicanyi bukozwe nta rubanza, basaba Umuyobozi Mukuru wa Polisi, Douglas Kanja, kwegura.
Amashusho agaragaza abapolisi bashyira bamwe mu bigaragambyaga mu
modoka ibajyana ahantu hafungirwa abantu, mu gihe abafashwe bumvikanaga bavuga
bati “Kanja agomba kugenda!”
Imbere
ya Jogoo House, ahari icyicaro cya Polisi, abigaragambyaga bari bashyizeho
amasanduku y’ikigereranyo yanditseho amagambo agira ati “Mudukingire”, ariko aza gukurwaho
n’abapolisi.
Umurwanashyaka
uharanira uburenganzira bwa muntu, Julius Kamau, yavuze ko abaturage bamaze kurambirwa
ibyo yise ibikorwa bya Polisi byo kwica abantu nta mpamvu.
Ati:
“Dufite uburenganzira bwo kubaho.”
Yasabye
Abanyakenya guhaguruka bagaharanira hamwe ubwisanzure, ubutabera n’uburinganire.
Iyi
myigaragambyo ibaye mu gihe Polisi ya Kenya imaze imyaka ishinjwa impfu z’abantu bari bafunzwe, kuburirwa
irengero ku gahato no gukoresha ingufu zidakenewe mu guhangana
n’abigaragambya.
Uburakari
bw’abaturage bwiyongereye cyane nyuma y’urupfu rwa Albert Ojwang, umwarimu akaba n’umwanditsi
wa blog, wapfiriye mu maboko ya Polisi muri Kamena 2025.
Isuzuma
ry’umurambo we ryavuguruje ibisobanuro Polisi yari yabanje gutanga ku rupfu
rwe. Nyuma, Umuyobozi Mukuru wa Polisi Douglas Kanja yaje kwisubiraho ku byari
byatangajwe mbere ndetse anasaba imbabazi.
Kanja
yavuze ko ubwicanyi bukozwe n’abapolisi butemewe
n’amategeko, kandi ko abapolisi bazagaragarwaho imyitwarire
mibi bazabihanirwa.
Kenya
imaze igihe ihura n’imyigaragambyo ishingiye ku birego by’uko Polisi ikoresha
ingufu z’umurengera, cyane cyane kuva mu myigaragambyo yo mu 2024 yamagana Leta, yahitanye
abantu benshi.