• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Umushinjacyaha Mukuru muri Repubulika Iharanirana Demokarasi ya Congo (RDC), Firmin Mvonde, ku wa Mbere tariki ya 17 Kanama 2026, yategetse abapolisi bashinzwe iperereza ku byaha gukurikirana no gushakisha abantu bakora ibyaha bakoresheje imbuga nkoranyambaga.

Yabasabye ko batagomba gutegereza ko uwakorewe icyaha atanga ikirego, ahubwo ko bagomba kwihutira gutangira iperereza ku bwabo igihe babonye ibikorwa bishobora kuba ibyaha, cyane cyane ku mbuga nka TikTok.

Raporo z’iperereza zigomba gushyikirizwa ubushinjacyaha kugira ngo, igihe ibisabwa byujujwe, abakekwaho ibyaha bashobore kuburanishwa mu buryo bwihuse.

“Birahagije, birakabije” — Firmin Mvonde

Mu nama yagiranye n’abayobozi bashinzwe polisi y’ubutabera, Firmin Mvonde yamaganye ibyo yise “gukabya no kurengera” mu mikorere y’imbuga nkoranyambaga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.

Yagize ati: “Birahagije, birakabije,” asaba abapolisi bashinzwe iperereza ku byaha kuzuza inshingano zabo zo gushakisha, kugaragaza no guhana abakora ibyaha.

Yashimangiye ko ku byaha bikorerwa mu buryo bw’ikoranabuhanga, abapolisi batagomba kongera gutegereza ko hagira utanga ikirego.

Ati: “Muzajya mwihutira kubifatira ibyemezo ubwanyu.”

Abapolisi basabwe gukurikiza Amategeko agenga ikoranabuhanga

Firmin Mvonde kandi yaburiye abapolisi ko nta kureberera, ubufatanyacyaha cyangwa uburangare bizihanganirwa mu gukurikirana ibyaha bikorerwa ku mbuga nkoranyambaga. Yatangaje ko abakozi bazananirwa kubahiriza inshingano zabo bashobora gufatirwa ibihano by’akazi.

Amategeko agenga ikoranabuhanga muri RDC, ari yo Ordonnance-loi n°23/010 yo ku wa 13 Werurwe 2023, ateganya ibihano ku bantu bakwirakwiza cyangwa basubiramo amakuru y’ibinyoma agamije kwangiza undi muntu, cyane cyane binyuze ku mbuga nkoranyambaga cyangwa ku miyoboro y’itumanaho mu buryo bw’ikoranabuhanga.

Ababihamijwe bashobora guhanishwa igifungo kuva ku kwezi kumwe kugeza ku mezi atandatu, ndetse n’ihazabu iri hagati ya 500,000 na 1,000,000 by’amafaranga ya Congo, cyangwa kimwe muri ibyo bihano.

Ku byaha byo gusebanya no guharabika abandi, hashobora kandi gukoreshwa izindi ngingo z’Amategeko ahana ibyaha.

Firmin Mvonde yibukije ko nubwo ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo burengerwa n’Itegeko Nshinga, ibyo bidaha umuntu uburenganzira bwo gukora icyo ashaka nta mipaka.

Abayobozi ba polisi y’ubutabera bavuze ko bahawe amabwiriza asobanutse ku bijyanye no gushyira mu bikorwa Amategeko agenga ikoranabuhanga.

Bavuze ko abantu bakwirakwiza amakuru y’ibinyoma ndetse na bamwe mu bakoresha TikTok bashobora gukorerwa iperereza igihe ibikorwa byabo bibangamiye abandi cyangwa bigize ibyaha biteganywa n’amategeko ya RDC.

Aya mabwiriza mashya aje mu gihe muri RDC hakomeje kugaragara ubwiyongere bw’amagambo asesereza, gusebanya n’ibindi bikorwa bifatwa nk’ukurenza urugero ku mbuga nkoranyambaga, cyane cyane kuri TikTok.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments