Kuri uyu wa gatandatu taliki ya 22 kanama 2026 ahagana ku isaa munani mu mudugudu wa kanyonyomba, akagali ka Biryogo mu murenge wa Gashora mu karere ka Bugesera yabereye ibyago biturutse k’urupfu rw’umwana w’umuhungu witwa Irakoze Claude w’imyaka 14 warohamye mu mugezi wa Kanyonyomba.
Uyu Irakoze warohamye
yari atuye mu mudugudu wa Taba mu kagali ka Kagenge umurenge wa Mayange mu
karere ka Bugesera yarohamye ari kumwe na Manirakiza Samuel w'imyaka 16 we warohowemo ari muzima.
Aba bombi barohamye nyuma yo kuva kwahirira amatungo
basoje ngo nibwo bajyaga kwidumbaguza birangira umwe muri bo ahasize ubuzima.
Ibindi birebe muri iyi
Video