Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yavuze ko Iran iri kugerageza kongera gahunda yayo ya nucléaire, nubwo Amerika na Israel ziherutse kugaba ibikorwa bya gisirikare byibasira Tehran.
Mu kiganiro yagiranye na televiziyo ku Cyumweru, Netanyahu
yagereranyije gahunda ya nucléaire ya Iran na kanseri,
avuga ko ishobora kongera gukura no kuba ikibazo gikomeye mu gihe itaranduwe
burundu.
Yagize ati: “Twabonye iyi kanseri, ikibyimba
cya kanseri. Kandi murabizi ko nyuma yo gukuraho kanseri, niba itakuweho
burundu… ishobora kwica.”
Yakomeje avuga ko kanseri ishobora gukwirakwira mu bindi bice
by’umubiri, avuga ko ari na ko abona ikibazo cya gahunda ya nucléaire ya Iran.
“Kanseri ishobora kugira ibice bikomeza gukwirakwira, kandi iyo
ibyo bibaye ishobora kongera kuba ikibazo gikomeye. Iran iri kongera, kandi
irashaka kongera gahunda yayo ya nucléaire.”
Ku bijyanye n’intambara yo muri Gaza,
Netanyahu yavuze ko Israel yiyemeje kwambura umutwe wa Hamas intwaro, haba mu nzira yoroshye cyangwa
hakoreshejwe imbaraga za gisirikare.
Yagize ati: “Bazamburwa intwaro. Nk’uko
babivuga mu Cyongereza, mu buryo bumwe cyangwa ubundi. Mu nzira yoroshye
cyangwa inzira ikomeye. Ariko narabyiyemeje kandi nzabikora.”
Ubwo uwamubazaga yamubazaga niba Ingabo za Israel, IDF, zishobora
gufata Umujyi wa Gaza no kwambura Hamas intwaro mu gihe yanze kuzitanga,
Netanyahu yavuze ko bishobora gukorwa bibaye ngombwa.
“Nibiba ngombwa, ni byo bizaba.”
Netanyahu kandi yashimangiye ko Israel itazemera ko hajyaho Igihugu cya Palestine, avuga ko guverinoma ye itazemera
icyo cyemezo.
“Nta gihugu cya Palestine kizabaho. Hari abanyapolitiki batabasha
kubyemera, ariko ntikizabaho kandi ntabwo tuzemera ko hajyaho igihugu cya
Palestine.”
Aya magambo aje mu gihe umwuka mubi ukomeje kwiyongera muri West Bank, ahavugwa ubwiyongere bw’ibikorwa by’urugomo
bikorwa na bamwe mu baturage b’abimukira b’Abayahudi, ibikorwa bya gisirikare
bya Israel ndetse n’ikorwa ry’imiturire mishya.
Netanyahu yamaganye ibyo yise “ibikorwa
by’urugomo by’ubugizi bwa nabi”, avuga ko ababikora ari
itsinda rito ry’urubyiruko rufite ibibazo bitandukanye.
Kwamamaza kwe kuje kandi mu gihe amasezerano yo
guhagarika imirwano muri Gaza ashyigikiwe na Leta Zunze Ubumwe za Amerika
akomeje guhura n’ibibazo, harimo ibitero bikomeje kugabwa na Israel
n’ubwumvikane buke ku ishyirwa mu bikorwa rya gahunda igamije kwambura Gaza
intwaro, kuyubaka no gushyiraho imiyoborere ishingiye ku baturage.