Iran yagabye ibitero bya misile n’indege zitagira abapilote ku birindiro n’ibikorwa bya gisirikare bya Leta Zunze Ubumwe za Amerika mu Burasirazuba bwo Hagati, nyuma y’uko ingabo za Amerika zongeye kugaba ibitero ku butaka bwa Iran.
Ibi byatumye amakimbirane hagati y’ibihugu byombi yongera gufata indi ntera, mu gihe impungenge zikomeje kwiyongera ko intambara ishobora gukwira mu bindi bihugu byo mu karere.
Ibitero bya Amerika byibasiye ibikorwa bitandukanye bya gisirikare bya Iran, mu gihe Washington ivuga ko yari igamije guca intege ubushobozi bwa Iran bwo guhungabanya umutekano w’amato anyura mu Muhora wa Hormuz.
Uyu muhora ufatwa nk’inzira ikomeye cyane mu bucuruzi mpuzamahanga, cyane cyane mu gutwara peteroli n’ibindi bicuruzwa bituruka mu Burasirazuba bwo Hagati bijya ku masoko yo hirya no hino ku isi.
Muri Sirik, mu majyepfo ya Iran, umuryango utabara imbabare wa Iranian Red Crescent watangaje ko abantu bane, barimo umwana, bapfuye nyuma y’uko ibisigazwa by’intwaro byaguye ku nzu yari irimo kubera ibirori by’ubukwe.
Abatabazi bavuze ko abandi bantu barenga 50 bakomerekejwe muri icyo gikorwa. Amashusho yasohotse nyuma y’igitero yagaragaje inyubako zangiritse ndetse n’ibisigazwa by’ibikoresho by’intambara byaguye mu gace gatuwe n’abaturage.
Abategetsi ba Iran bavuze ko iki gitero cyagize ingaruka ku baturage batari bafite aho bahuriye n’imirwano, mu gihe Leta Zunze Ubumwe za Amerika itatangaje ko yari igambiriye kwibasira aho ibirori by’ubukwe byaberaga. Washington ikomeza kuvuga ko ibikorwa byayo bya gisirikare byibasiye ibikorwaremezo n’ubushobozi bwa gisirikare bwa Iran.
Nyuma y’ibitero bya Amerika, umutwe w’ingabo zidasanzwe za Iran, Islamic Revolutionary Guard Corps, uzwi nka IRGC, watangaje ko watangiye igikorwa cyo kwihorera. Iran yarashe misile za ballistic yerekeza ku birindiro by’ingabo za Amerika muri Jordan, mu gace ka Aqaba.
Ingabo za Jordan zatangaje ko zarashe cyangwa zihagarika misile 10 muri 13 zari zarashwe na Iran, mu gihe izindi eshatu zaguye ahantu hatuwe n’abantu bake. Jordan yavuze ko nta muntu wahitanywe cyangwa ngo akomerekezwe n’icyo gitero. Iran yo yavuze ko ibikorwa byayo byari bigamije kwihorera ku bitero bya Amerika.
Ibitero bya Iran kandi byageze mu bindi bice by’akarere. Muri Iraq, Iran yavuze ko yibasiye ibikorwa by’ingabo za Amerika mu ntara ya Erbil, mu majyaruguru y’igihugu. Muri Kuwait na Bahrain na ho hatangajwe ibikorwa byo kurwanya ibitero bya misile n’indege zitagira abapilote, mu gihe sirene n’ibiturika byumvikanye mu bice bitandukanye.
Amerika ivuga ko ibikorwa byayo bya gisirikare byongerewe nyuma y’ibyo yise ibikorwa bya IRGC byo kugerageza guhungabanya umutekano w’amato y’ubucuruzi mu Muhora wa Hormuz. Washington ivuga ko Iran ifite ubushobozi bwo gukoresha mines zo mu nyanja, misile n’ubundi buryo bwo guhungabanya urujya n’uruza rw’amato, ibintu Amerika ivuga ko bidashobora kwemerwa kubera akamaro uyu muhora ufite ku bukungu bw’isi.
Perezida wa Amerika, Donald Trump, na we yongeye kuburira Iran ko izahura n’ibitero bikomeye kurushaho mu gihe yakomeza kwihorera ku bikorwa bya Amerika. Ubu butumwa bwatumye impungenge ziyongera ko intambara ishobora gukomeza gufata indi ntera, cyane cyane kubera ko ibirindiro by’ingabo za Amerika biri mu bihugu byinshi byo mu karere.
Muhora wa Hormuz ni kimwe mu bibazo bikomeye muri iyi ntambara. Ni inzira y’amazi ihuza Ikigobe cya Persia n’Inyanja ya Oman, kandi ikoreshwa mu gutwara igice kinini cya peteroli icuruzwa ku isi. Guhungabana k’umutekano w’uyu muhora bishobora kugira ingaruka ku itangwa rya peteroli, ubwikorezi bw’amato ndetse n’ibiciro by’ingufu ku masoko mpuzamahanga.
Uruhererekane rw’ibitero kandi rushobora kugira ingaruka ku bihugu bitari mu ntambara ubwabyo, ariko bifite ibirindiro by’ingabo za Amerika. Jordan, Iraq, Bahrain na Kuwait byose bishobora gukomeza kuba mu byibasirwa mu gihe Iran ikomeje gusubiza ibitero bya Amerika.
Kugeza ubu, ibintu bikomeje kuba bibi hagati ya Washington na Tehran. Amerika ivuga ko igamije kurinda abasirikare bayo n’ubwikorezi mpuzamahanga, mu gihe Iran ivuga ko iri kurengera igihugu cyayo no kwihorera ku bitero bya Amerika.
Uko impande zombi zikomeza gusubizanya ibitero, ni ko impungenge zikomeza kwiyongera ku hazaza h’umutekano w’Uburasirazuba bwo Hagati ndetse n’ingaruka iyi ntambara ishobora kugira ku bukungu bw’isi.
Like This Post? Related Posts