Uwahoze ari
Umunyamabanga Mukuru w’Ishyirahamwe rya Ruhago mu Rwanda (FERWAFA) hagati yo mu
1999-2011, Kalisa Jules yapfiriye mu Buhinde azize uburwayi.
Iyi nkuru
y’akababaro kuri benshi, yamenyekanye mu gitondo cyo kuri iki Cyumweru, tariki
ya 6 Nzeri 2026.
Urupfu rwa
Jules, rwakoze ku bakunzi ba ruhago batandukanye, cyane ko ari umugabo
wabaye mu buyobozi bw’umupira w’amaguru w’u Rwanda mu bihe bitandukanye, nyuma
yo kwiga amasomo arebana na ruhago.
Ubwo
yatangiraga ibikorwa bya Siporo, ni ubwo Kalisa yari Komiseri ushinzwe imikino
muri Kaminuza y’u Rwanda, ariko izina rye rikura cyane ubwo yagirwaga Umuyobozi
wa FERWAFA.
Mu 1999
yahawe akazi muri FERWAFA, kugira ngo ategure imikino y’irushanwa rya CECAFA
Challenge Cup ryahuje amakipe yo mu Karere ka Afurika y’Ibursirazuba n’iyo
Hagati, icyo gihe Rwanda B yegukana irushanwa.
Mu 2000,
yahawe impamyabushobozi y’Ishyirahamwe rya Ruhago ku Isi (FIFA) mu bijyanye
n’imiyoborere, amategeko n’ikiremwamuntu. Yazikuye muri kaminuza eshatu ari zo
De Montfort University mu Bwongereza, SDA Bocconi School of Management mu
Butaliyani na University of Neuchâtel mu Busuwisi.
Hagati ya
2003 na 2006 Kalisa yakoreye igerageza ry’amasomo ye mu Bubiligi, mbere yo
kugirwa Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA, ubwo yagirirwaga icyizere na Gen (Rtd)
Jean Bosco Kazura wari Perezida wa FERWAFA.
Aba bombi
beguye kuri izi nshingano ku mpamvu zabo bwite mu 2011.
Kalisa yari
umwe mu bagirirwaga icyizere n’Impuzamashyirahamwe y’Umupira w’Amaguru muri
Afurika (CAF), aho yajyaga agirwa umwe mu bahuzabikorwa b’imikino ikomeye
y’amarushanwa ategurwa na yo.
Like This Post? Related Posts