• Amakuru / MU-RWANDA


Mu karere ka Nyanza umurenge Mukingo na Kigoma baravuga ko babuze ubushobozi bwo kujyana abana ku ishuri biturutse ku kuba amatungo yabo atemerewe kujyanwa ku isoko, mu gihe bo bemeza ko icyorezo cyarangiye bagasaba ko bakomorerwa.

Aba baturutse basaba ko bakoroherezwa amasoko y’amatungo agafungurwa bakabona aho bakura amafaranga yo kujyana abana ku ishuli. Bagaragaza ko ba Veterineri bagiye basuzuma amatungo arwaye bakaba ariyo bashyira mu kato andi agakingirwa, ubundi amazina agafashwa kugezwa ku isoko.

Ministiri w’ubuhinzi n’ubworozi Dr Ndabamenye Telesphore atanga icyizere ko akurikije aho gahunda yo gukingira igeze, vuba aha gucuruza amatungo birongere gukomeza bisanzwe.

Ubuyobozi bw’akarere ka Nyanza buvuga ko bakomorewe ubu bemerewe kujyana amatungo ku Isoko.

Ibindi bikurikire muri iyi Videwo


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments