• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE

Igikomangoma David Kijanangoma Araali, umwe mu bagize umuryango w’ibwami bwa Tooro muri Uganda, yitabye Imana nyuma y’igihe kirenga umwaka arwaye kanseri y’umuhogo.

Kijanangoma yapfiriye ku wa Kabiri tariki ya 15 Nzeri 2026, mu Bitaro bya Uganda Cancer Institute i Mulago, Kampala, aho yari amaze igihe avurirwa. Amakuru y’urupfu rwe yemejwe n’abayobozi b’Ubwami bwa Tooro ndetse n’umuryango we.

Amakuru yatangajwe na New Vision avuga ko Kijanangoma yapfuye ahagana saa 12:12 za mu gitondo, nyuma yo kumara igihe arwaye kanseri y’umuhogo yari igeze ku rwego rwa gatatu.

Prince David Kijanangoma yari amaze umwaka urenga arwaye kanseri y’umuhogo. Yari yaragiye avurirwa mu bitaro bitandukanye birimo Nakasero Hospital ndetse na Uganda Cancer Institute i Mulago, aho yakorerwaga imiti ya chimiothérapie.

Muri Mata 2026, uburwayi bwe bwari bumaze gukomera ku buryo umuryango we wasabye ubufasha bw’abaturage kugira ngo babone amafaranga yo kumwohereza mu Buhinde, aho bari biteze ko yabona ubuvuzi bwihariye.

Umuryango we wavugaga ko wari ukeneye hafi miliyoni 700 z’amashilingi ya Uganda kugira ngo ubashe kumwohereza mu Buhinde, nyuma y’uko amafaranga yari asanzwe afite yari amaze gukoreshwa mu kwivuza.

Mu gihe uburwayi bwari bukomeje gukomera, inshuti n’abavandimwe ba Kijanangoma bari batangiye ibikorwa byo gukusanya amafaranga yo kumufasha. Habayeho ibikorwa byo gukusanya inkunga mu mijyi itandukanye ya Uganda, birimo Fort Portal, Kampala, Jinja na Mbarara.

Urupfu rwa Prince David Kijanangoma rubaye mu gihe Ubwami bwa Tooro nabwo buri mu bihe bikomeye nyuma y’urupfu rw’Umwami Oyo Nyimba Kabamba Iguru Rukidi IV, witabye Imana muri Kanama 2026.

Kijanangoma yari mukuru wa Prince Edward Rukidi Kijanangoma, watoranyijwe n’inteko y’abakuru b’umuryango w’ibwami ngo abe Umwami mushya wa Tooro.

Prince David yari umwuzukuru w’Umwami George Edward Rukidi III, akaba yari umwe mu bantu bari bafite isano ya hafi n’umuryango w’ibwami.

David Kijanangoma yari azwi cyane muri politiki n’imiyoborere y’Ubwami bwa Tooro, cyane cyane nyuma y’uko mu mwaka wa 2015 anenze imiyoborere y’Umwami Oyo Nyimba Kabamba Iguru Rukidi IV, wari mubyara we.

Icyo gihe Kijanangoma yagaragaje ko atemeraga uburyo Ubwami bwari buyobowe, ndetse anavuga ko afite ubushake bwo kuyobora Tooro no kuvugurura imikorere y’inzego z’ubwami.

Ibyo byatumye aba umwe mu bantu bavugwaga cyane mu bibazo by’ubusimburano bw’ingoma ya Tooro. Nyuma yaje kongera kugirana umubano mwiza n’ubwami, kandi ibibazo bya politiki y’ingoma byaje kugabanuka.

Umuvugizi w’Ubwami bwa Tooro, Vincent Mugume, ni umwe mu bemeje urupfu rwa Kijanangoma, avuga ko yari amaze igihe arwaye.

Umuvandimwe we, Prince Edward Rukidi Kijanangoma, na we yatangaje ko yakiriye urupfu rwa mukuru we afite agahinda gakomeye, avuga ko David yari amaze igihe kinini arwana n’indwara ya kanseri.

Urupfu rwe rwongeye gutuma abantu benshi bibuka ubuzima bwe, uruhare yagize mu bibazo by’Ubwami bwa Tooro ndetse n’intambara ndende yarwanye n’indwara.

Kugeza ubu, umuryango w’ibwami bwa Tooro watangaje ko amakuru arambuye ajyanye n’imihango yo kumusezeraho no kumushyingura azatangazwa nyuma.

Urupfu rwa Prince David Kijanangoma ni andi makuba akomeye ku muryango w’ibwami bwa Tooro, umaze iminsi uhura n’ibibazo bikomeye birimo urupfu rw’Umwami Oyo ndetse n’impaka zijyanye n’uzamusimbura.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments