Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Gasabo mu Mirenge
ya Kinyinya na Gikomero kuri uyu wa
kabiri tariki ya Tariki ya 15/09/26, yataye muri yombi abantu 10 bateka kanyanga n’abacuruza inzoga
z’ibyuma ziri ku rutonde rw’ibinyobwa bitemewe gucururizwa mu Rwanda no
kunyobwa n’abaturage kuko zigira ingaruka ku buzima bw’abaturage harimo no
Kubica.
Mu Murenge
wa Kinyinya mu Kagali ka Kagugu mu Mudugudu wa Giheka hafatiwe umugabo witwa
Kanezaa Faustin w’imyaka 37 ufite akabari kwitwa Marie Therese, yafashwe
acuruza inzoga z’ibyuma amoko 25 atandukanye agizwe n’amacupa 253, izi nzoga
zose zamenwe naho Kaneza wazicuruzaga afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya
Kinyinya ngo akurikiranwe n’amategeko ku cyaha cyo gucuruza ibinyobwa bitemewe
byaciwe mu Rwanda.
Mu murenge
wa Gikomero mu kagali ka Murambi, mu Mudugudu wa Rugarama hafatiwe abantu 09
batekaga kanyanga barabigize umwuga, aba bose bafashwe biturutse ku makuru
yatanzwe n’abaturage bafatwa bamwe batetse kanyanga abanda bayicuruza mu ngo
zabo, hafashwe Kanyanga Litiro 20, hanafatwa bimwe mubyo bayikoramo byitwa
Merase Litiro 560.
Umuvugizi wa
Polisi mu Mujyi wa Kigali CIP Wellars Gahonzire yashimiye abaturage batanze
amakuru aba bantu bagafatwa ndetse n’ibinyobwa bitemewe bacuruzaga bigafatwa
bikamenwa bitarangiza abaturage.
By’umwihariko
mu Murenge wa Gikomero hari hamaze iminsi hari amakuru ko hari abantu batekera
kanyanga mu bihuru yamara gushya bakaza kuyigurisha mu baturage, aba bose
bahafatiwe bari bamaze iminsi bashakishwa kuko bamenyaga ko inzego ziri
kubashakisha bagahungira mu yindi mirenge yageranye na Gikomero, abafashwe bose
bafungiye kuri Sitasiyo ya Gikomero ngo
bakorerwe amadosiye.
Abaturage
baributswa ko kanyanga ari ikiyobyabwenge kitemewe mu Rwanda, abishora mu
gukora kanyanga ndetse no kuyinywa baraburirwa ko uzajya abifatirwamo azajya
ahanwa harimo no gufungwa igihe kirekire.
CIP
Gahonzire kandi yakomeje aburira abaturage bahishe inzoga z’ibyuma kuzitwara ku
Mirenge yabo zikamenwa kuko uzajya azifatanwa azajya afatwa nk’umuntu wigometse
ku mategeko kandi afite umugambi wo kuroga abaturage abaha ibintu bitemewe
kunyobwa kuko byica abaturage.
Abaturage
baragirwa inama yo kwirinda kunywa ibyuma ndetse n’ibindi binyobwa bitujuje
ubuziranenge kuko bigira ingaruka ku buzima bwabo harimo indwara zidakira
ndetse no kubura ubizima.