Perezida wa
Repubulika ya Bénin, Romuald Wadagni, yunamiye inzirakarengane zazize Jenoside
yakorewe Abatutsi mu 1994, anasura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali, aho
yamenye amateka ya Jenoside n’urugendo rw’u Rwanda rwo kwiyubaka.
Perezida
Wadagni yageze ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kigali mu rwego rw’uruzinduko
rw’akazi rw’iminsi ibiri ari kugirira mu Rwanda, aho yakiriwe na Perezida Paul
Kagame.
Mu ruzinduko
rwe ku Rwibutso, Perezida Wadagni yunamiye abazize Jenoside yakorewe Abatutsi,
anashyira indabo ku mva zishyinguyemo Imibiri y’Abatutsi ibihumbi 250 bazize ayo mahano
Perezida
Wadagni yanatemberejwe mu byumba by’imurikabikorwa bigaragaza amateka ya
Jenoside yakorewe Abatutsi.
asobanurira
ku mateka yagejeje u Rwanda kuri Jenoside yakorewe Abatutsi, uburyo yakozwe mu
gihe cy’iminsi 100, ndetse n’ingaruka yasigiye igihugu n’abanyarwanda.
Urwibutso
rwa Jenoside rwa Kigali rufasha abarusura gusobanukirwa amateka ya Jenoside,
kwibuka abazize Jenoside no gusigasira ubutumwa bw’uko amahano nk’ayo atagomba
kongera kubaho.
Mu bindi
Perezida Wadagni yamenye harimo urugendo u Rwanda rwanyuzemo nyuma ya Jenoside,
aho igihugu cyashyize imbaraga mu kongera kubanisha Abanyarwanda, kubaka inzego,
guteza imbere ubukungu no gusigasira ubumwe n’amahoro.
Urwo rugendo
rwo kwiyubaka ni rumwe mu ngingo zikunze kugarukwaho mu gusobanura uko u Rwanda
rwavuye mu ngaruka zikomeye za Jenoside rukerekeza ku iterambere.
Perezida
Wadagni yabonye kandi uburyo kwibuka abazize Jenoside byahujwe no kwigisha
ibisekuruza bizaza amateka no kubakangurira kurwanya ingengabitekerezo ya
Jenoside n’ibindi bikorwa by’urwango.
Gusura
Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ni imwe mu gahunda z’ingenzi zikorwa
n’abashyitsi b’u Rwanda bafite urwego rwo hejuru.
Kuri
Perezida Wadagni, uru rugendo rwabaye mu gihe ari mu Rwanda mu ruzinduko
rugamije gukomeza umubano n’ubufatanye hagati ya Bénin n’u Rwanda.
Mbere yo
gusura Urwibutso, Perezida Wadagni yari yagiranye ibiganiro na Perezida Paul
Kagame muri Urugwiro Village. Abakuru b’ibihugu byombi baganiriye ku buryo bwo
gukomeza ubufatanye busanzweho no guteza imbere izindi nzego nshya
z’imikoranire.
Nyuma
y’ibiganiro byabo, basabye intumwa z’ibihugu byombi gushyira imbaraga mu
guhindura ibyo bumvikanyeho ibikorwa bifatika kandi bigirira akamaro ibihugu
byombi.
Kuri
Perezida Wadagni, gusura Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali byamuhaye umwanya wo
gusobanukirwa neza amateka y’u Rwanda, anabona urugendo igihugu cyanyuzemo mu
kwiyubaka nyuma ya Jenoside.
Uruzinduko
rwe kandi rukomeje kugaragaza umubano hagati y’u Rwanda na Bénin, mu gihe
ibihugu byombi bishaka kwagura imikoranire mu nzego zitandukanye.