Musanze: Baratabariza umusaza  n'umukecuru batuye mu nzu imeze nka nyakatsi

Yanditswe na: DUSHIMIMANA Elias 2025-03-28 08:02:11 Amakuru

Hari  abaturage   bo mu  Mudugudu  wa Gapfuro,  Akagari ka  Garuka,  mu  Murenge wa Musanze, Akarere ka  Musanze, baratabariza  umuryango utuye  mu nzu yenda kubagwa hejuru imeze  nka  nyakatsi, aho bawusabira kubakirwa no kubafasha no mu mibereho. 

mu kiganiro yagiranye na  BTN TV ,yavuze ko  hashize igihe kinini we n'umudamu we baba  muri iyi nzu  yenda kubagwaho, aho yanemeje ko bagerageje gukora ibishoboka byose bagifite agatege ngo isanwe ariko biba iby'ubusa.

Yagize ati: ”Ubushobozi buke ni bwo butuma iyi nzu yacu tutabona uko isanwa  kandi ikaba igiye kungwaho nk’uko ubibona, ndi umukene, nta bushobozi mfite singipfa guhabwa akazi kubera imyaka kandi nterwa impungenge cyane n’ibi bikuta kuko kubisana bizasaba gusenya inzu yose ikubakwa bundi bushya.”

Umwe n’abaturanyi be, Uwemeyinkiko avuga ko aterwa impungenge n’uko iyi nzu ishobora kuzamugwaho, cyangwa ikagwa ku bagenzi baba bari kwitambukira kuko iri ku nzira.

Akomeza ati: ”Ngira impungenge kuko iki gihande gishobora kuzangwaho cyangwa ki kagwa ku bandi baje kunsura ikindi nkaba mpangayikishijwe nuko ibi birere bipfuritse mu myenge yayo bishobora kuzakongezwa n'abagizi ba nabi. Ndasaba Leta yacu ko yangirira ubutabazi ikandwanaho iyi nzu itarangwaho kuko uretse n’igikuta ubona na hano hejuru imvura iragwa nkabura aho mpungira”.

Umwe mu baturanyi be waganiriye n'umunyamakuru wa BTN, yahamije ko mu nzira zose uyu muryango ari uwo gufashwa ndetse ko ngo ikibahangayikishije ari imiterere y'inzu yabo kuko ngo isaha n'isaha  ibikuta byayo bishobora kuzabagwaho igihe baryamye, bicaye mu nzu cyangwa hanze".

Ati: “Uyu muryango ntabwo afite ubushobozi, twe nk’abaturanyi ubushobozi bwacu mu byo twamufasha ni mu buzima busanzwe gusa cyakora nk'ubuyobozi buje kurabera hamwe ikibazo cye nkatwe abaturage dukunda iterambere twabutera ingabo mu bitugu. Baraduhangayikishije cyane bitewe nuko isaha n'isaha iyi nzu ishobora kwambura ubuzima umwe muri bo biturutse ku bikuta bijegajega".

Undi ati" Bamushakire indi nzu kuko iyi ni iyo kubica bahagaze kuko imvura iyo iguye baryamye barahaguruka bakarara bahagaze kubera amazi aba yinjira mu nzu".

Umunyamabanga Nshingwabikorwa  w'Umurenge  wa  Musanze, Twagirimana  Edouard, ku murongo wa telefoni, yatangarije BTN ati"  Ikibazo cy'uyu musaza kimwe n'abandi biraduhangayikishije cyane kuko turi gushaka uko bafashwa bagasanirwa inzu zabo zitameze neza.Ikindi nuko hakiri imiryango  itarabona  aho gutura  heza   gusa  ku bufatanye  hagati ya Leta  n'abandi bafatanyabikorwa  hari gahunda  yo  kugenda  bubakirwa  bahereye  ku bababaye  kurusha  abandi  bityo  uyu muryango nawo turaza kuwusura  kugirango harebwe  icyakorwa".

Abatuye  muri aka  gace kandi bavuga  ko  kuba hakiboneka  imiryango  iba  mu  nzu zitameze  neza  akenshi na kenshi biterwa  nuko  ntataka rihagaragara uretse amakoro bigatuma habura ibikoresho byifashishwa mu bwubatsi.

Iyi nzu ihangayikishije abaturage batari bakeUmusaza  Rukimbira yabwiye BTN ko inzu batuyemo ibahangayikishije cyane

Gaston Nirembere/BTN TV i Musanze

Related Post