• Amakuru / MU-RWANDA


Abatuye mu karere ka Gatsibo mu murenge wa Gitoki mu kagali ka Karubungo bababajwe n’urupfu rw’uwitwa Uwitonze J Paul bemeza ko yishwe n’abasekirite ba Kampani icukura amabuye y’agaciro bamukuye iwe bakajya kumuhondagura bakamugarura yapfuye.

Abaganiriye n’Itangazamakuru ryacu bemeza ko uriya mugabo yakuwe iwe mu rugo n’abo bashinzwe umutekano ba kampani yitwa “SEMUKA (Mukarange ya 10)” aho ngo bamutwaye tariki ya 17 Kanama 2025 mu gitondo cya kare nk’uko binashimangirwa n’umugore wa nyakwigendera.

Mu buhamya bw’uwo mugore buri muri Video iri hasi kuri iyi nkuru avuga ko abo basekirite baje bagakomanga uwo mugabo akabakingurira bagahita bamubwira ko ari we bashaka bakamujyanana n’abandi bagabo batanu bababoshye bakajya kumuhondagurira. Gusa ntihatangazwa icyo babahoye n’ubwo hari abahwihwisa ko iyo kampani ishobora kuba yarabakekagamo kugira ibyo bayiba.

Nk’uko babisoanura muri iyi VIDEO, bamwe muri abo bakubitanywe na nyakwigendera bo bavuga ko bari basanzwe bakorana n’iyo kampani ariko ko icyo bahowe ntacyo bazi.

Bakomeza bavuga ko mu kubakubita nta muyobozi n’umwe cyangwa urundi rwego rwa Leta rwari ruhari haba no kugira urwo bamenyesha ibyo baheraho basaba ko ubuyobozi bwabegera bukabamururaho abantu nk’abo bagira indakoreka bakanihanira.

Aba baturage bakomeza basobanura uriya Uwitonze waje gupfa bakubitiwe hamwe gusa ngo niwe wenyine wahasize ubuzima n’ubwo hari n’undi urembeye mu rugo iwe. Abo basekirite ngo bamaze kumukubita babonye ko bamugize intere bamugarura iwe ariko umugore we yanga kumwakira abategeka kumujyana kwa muganga bagezeyo abaganga basanga yamaze gupfa.

VIDEO IKURIKIRA IRASOBANURA IYI NKURU KU BURYO BURAMBUYE



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments