Perezida Museveni w’imyaka 80 azongera kwiyamamariza kuyobora Uganda

Yanditswe na: DUSHIMIMANA Elias 2025-06-24 12:43:17 Amakuru

Ishyaka riri ku butegetsi muri Uganda, National Resistance Movement (NRM) ryamaze gutangaza ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni azongera kwiyamamariza kuyobora iki gihugu mu matora ateganyijwe ateganyijwe muri Mutarama 2026.

 

Reuters dukesha iyi nkuru, yanditse ko Icyemezo cyo kongera kwiyamamaza kwa Museveni cyatangajwe n’Umuyobozi n’Akanama gashinzwe amatora muri NRM, Tanga Odoi, aho yavuze ko ku wa 28 Kamena 2025 azafata inyandiko zimwemerera guhagararira ishyaka NRM mu matora ya Perezida.


Yagize ati “Perezida azafata impapuro zigaragaza ko afite ubushake bwo kongera kwiyamamaza ku myanya ibiri, uwa mbere ni ubuyobozi bw’ishyaka undi ni ukurihagararira mu matora ya Perezida mu gihe yaba ahawe amahirwe.”


Museveni w’imyaka 80 yayoboye Uganda kuva mu 1986, ibimushyira ku mwanya wa kane ku rutonde rw’abayobozi bo muri Afurika barambye ku butegetsi.

Related Post