Hari bamwe mu banyarwanda bavuga ko muri iki gihugu hakomeje kugaragara ikibazo cy’abaryamana n’abo bahuje ibitsina ku buryo bikomeje gufata intera bagasaba ko hafatwa ingamba zikarishye kugira ngo ibi bidakomeza gukwirakwira kuko byangiza umuryango nyarwanda.
Ubusanzwe mu Rwanda nta tegeko rihana abaryamana n’abo
bahuje ibitsina rihari, icyakora mu bihe bitandukanye humvikana abaturage
basaba ko iri tegeko ryashyirwaho mu rwego rwo kubirwanya n’ubwo bisa n’aho
leta yo itabibona nk’ikibazo.
Bamwe mu baturage baganiriye na Televiziyo ya BPLUS TV bo
bemeza ko abaryamana n’abo bahuje ibitsina bateje inkeke kuko bakora ibihabanye
n’umuco bagasaba ko bafatirwa ingamba zikarishye. Hari uwagize ati “Ni ikintu
kibi tudakwiye gushyigikira, ubutinganyi ni ikintu kibi, i Sodomo n’Igomora
harimburwa ni icyo kintu cyabayeho.”
Undi ati “Aba bantu rero ndi Imana nabatwikisha umuriro,
cyangwa uwangira nka Perezida, nashaka ahantu mbashyira ukwabo n’ibihano
bikaze.”
Umuyobozi w’idini ry’Abasilamu mu Rwanda, Sheik Musa
Sindayigaya nawe aherutse gutangaza ko ibyo abatinganyi bakora atabyemera kuko
bihabanye n’Itegeko ry’Imana. Ati “Imana yadushyizeho kugira ngo tuyubahirize,
tugendere ku mategeko yayo, bishimangira y’uko kiriya kintu cy’Ubutuinganyi ari
icyaha cya mbere cyadukanywe n’abantu bo kwa Loti. Rero Imana yarabarimbuye
kandi ibarimbuza igihano gikomeye cyane”
Akomeza avuga ko n’ubwo hari abavuga ko ari uburenganzira
bwa muntu abo bakwiye no kumenya ko uburenganzira bw’umuntu bugarukira munsi y’ubushake
bw’Imana.
REBA ICYO BAMWE MU BATURARWANDA
BAVUGA KU BURINGANYI MURI