Baratabariza umwana wavukanye ubumuga budasanzwe

Yanditswe na: NIYONSENGA Schadrack 2025-07-10 12:34:48 Amakuru

Umubyeyi witwa Nyirahirana Jacqueline wo mu karere ka Ngoma mu murenge wa Sake aratabariza umwana we wavutse adafite umwenge unyuzwamo ibikomeye mu gihe cyo gukora ubwiherero (Innyo).

Uyu mubyeyi yahamirije BPLUS TV ko umwana we agowe n’ubuzima kuko atabasha gukora ubwiherero bw’ibikomeye, ibintu avuga ko yagerageje kumuvuza mu bitaro bitandukanye ariko byose bikananirwa kugira icyo bimufasha.

Kuri ubu aravuga ko hagize abagira neza bamufasha kubona amafaranga yayifashisha akajyana uyu mwana we kuri ubu uri mu kigero cy’umwaka umwe mu bitaro bikomeye akareba ko bagira icyo bamufasha.

Kimwe n’abaturanyi ba Nyirahirana nabo bemeza ko ubuzima bw’uyu mwana bubabaje ariko bagashimangira ko habonetse ubushobozi ahari hari icyakorwa uyu mwana akabasha kuvurwa agakira ubu bumuga budasanzwe yavukanye. 

Related Post