Umugabo
wo mu karere ka Bugesera mu murenge wa Rilima yishe mugenzi we arangije ahita
avuza induru avuga ko ko uwo yishe ari we ahubwo umwishe abaturage baratabara
bahageze basanga uwavugwaga ko yishwe ari we ahubwo uri gusezera ku murambo
w’uwo yavugaga ko amwishe.
Byabaye
ku wa 20 Nyakanga 2025, amakuru abaturage bahaye Televiziyo ya BPLUS avuga ko
uriya wishwe yitwa Utabazi SIMON mu gihe uwishe uwamwishe we yitwa Kanakuze
Mariko.
Aba
baturage bakomeza bavuga ko byabereye mu rutoki rw’uwo Mariko ukekwaho ubu
bwicanyi ndetse ko ashobora kuba yaramwishe amunigishije igitenge,
Umwe
muri abo baturage ati “Twasanze umurambo uryamye nawe amwicaye imbere akora
ibisa no kuwushinyagurira avuga ati Simo, ati itahire uruhuke mu mahoro ati
buriya Imana ninjye yabinyujijemo kugira ngo ngusoze.”
Aba
baturage bakomeza bavuga ko Mariko yemereye abantu bose ko ari we wishe Simon
ariko ko yanze kuvuga icyo yamuhoye.
Icyakora
abarimo n’abo mu muryango wa Nyakwigendera bo bakeka ko uru rupfu rwe rwaba
rufitanye isano n’urubanza yari yaratangije ku bantu bigeze kumukubita
bakanabifungirwa bafungurwa akabaregera indishyi, bigakekwa ko abo yaregwaga
yaba ari bo bamuguriye kugira ngo yicwe.
BYINSHI KURI IYI NKURU BIRI MURI VIDEO IKURIKIRA