• Amakuru / MU-RWANDA


Bamwe mu banyeshuri bakoze ibizamini bya Leta bisoza icyiciro cy’amashuri yisumbuye baravuga ko uburyo icyo kizamini cyari giteguyemo bwo gutoranya igisubizo cya nyacyo butari bukwiye kuko budatuma umunyeshuri abasha gusobanura neza uko we yumva ibintu aba yabajijwe.

Ibi babigarutseho mu gihe minisiteri y’Uburezi yo yemeza ko ubwo buryo ntacyo buhindura kuko n’ubundi umunyeshuri ajya gutoranya igisubizo yabanje gukora ikibazo bamubajije ndetse ko ahubwo ubwo buryo ngo bufasha abakosora ikizamini mu kwihuta bityo amanota agasohoka vuba.

Abanyeshuri baganiriye na Bplus TV kuri iyi ngingo bo bavuga ko iyi mibarize nta kintu babona yabafashije ndetse ko ahubwo ishobora gutuma abantu batsindwa kandi Atari abaswa cyangwa abandi bagatsinda kandi Atari uko ari abahanga.

Hari uwagize ati “Ntabwo bituma umuntu asobanura neza uko yumva ibintu, wowe icyo uba ugomba gukora ni ugutanga igisubizo kimwe utiriwe ujya mu byo gusobanura.  Umuntu ashobora kumva ko bazamubaza ibibazo byo guhitamo agahita areka ibyo kwiga agategereza guhitamo ubundi akagendera ku mahirwe. Ashobora kubikora kandi Atari uko abyumva ahubwo ari uko yabiguyeho cyangwa se agatsindwa kuko aba ari ibisubizo bijya gusa kandi mu by’ukuri umuntu yari asanzwe ari umuhanga.”

Undi ati “ Njyewe ku giti cyanjye ibi bintu ubutaha bazabikureho, bajye babaza abantu mu buryo bwari busanzwe aho kubasa abantu ibi byo guhitamo igisubizo.”

Ku rundi ruhande ariko Minisitiri w’Uburezi, Joseph Nsengimana we ubwo yari mu kiganiro urubuga rw’Itangazamakuru agaruka kuri iyi ngingo yavuze ko iyi mibarize atayibonamo ikibazo na kimwe cyane ko mbere yo guhitamo igisubizo kiri cyo umunyeshuri umunyeshuri abanza gukora.

Ati “Ni uburyo gukosora byihuta, ushobora no gukoresha imashini mu gukosora ariko ntabwo byabujije umunyeshuri gukora imibare, gutekereza. Rero bagira ngo ni ibintu ushyira hariya ngo izuba ryatse ngo hitamo kabiri cyangwa gatatu, Oya. Ntabwo ariko bigenda, uba wakoze imibare, uba watekereje. Uba wakoze byose bya bindi wari ukwiye gukora.”

Izi mpinduka kimwe n’izindi nyinshi zikorwa mu rwego rw’Uburezi mu Rwanda ni zimwe mu zikunda gutindwaho n’abatari bake bemeza ko ziri mu bidindiza ireme ry’Uburezi.

Ni mu gihe ariko inzego z’Uburezi zo zivuga ko impinduka mu burezi zihora ari ingenzi ndetse ko ziteganywa n’amabwiriza buri nyuma y’igihe runaka.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments