• Amakuru / MU-RWANDA


Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Nyamyumba mu karere ka Rubavu baravuga ko babangamiwe n’ibikorwa by’ubugizi bwa nabi bakorerwa n’ababarizwa mu itsinda ryiyise ‘Abajongo’

Ni itsinda ribarizwamo insoresore rigakora ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe mu mirima y’abaturage ku manywa y’ihangu, aho ngo ushatse kubakoma bamukubita bakenda kumwica cyangwa se bakamushumuriza imbwa zabo.

Iyo ngo iri tsinda rigeze noneho ku b’igitsina gore ngo ribafata ku ngufu.

Bakavuga ko ari itsinda ribabangamiye cyane kuko ryabashyize mu bwoba, hari uwagize ati “ Wababona se bari kukwangiriza ukavuga? Reka reka uhita wigira nk’utababonye kugira ngo batakugirira nabi.”

Nk’uko banabitangi
ra ubuhamya bw’abo byabayeho muri VIDEWO iri hasi kuri nkuru, aba baturage bemeza ko kuri ubu nta mwana ushobora kujya kuvoma amazi cyangwa ngo umubyeyi agire ikindi kintu amutuma hanze yo mu rugo mu rwego rwo kwanga ko yahura n’Abajongo bakaba bamugirira nabi.

Icyifuzo cy’abo ni uko inzego zibishinzwe zahagurukira iri tsinda zikaribamururaho kuko ribazengereje.

Ni ikibazo ubuyobozi bw’aka karere ka Rubavu bwemeza ko bugiye guhagurukira kuko muri rusange budashobora kwihanganira ababuza rubanda umudedezo.

BIREBE MURI VIDEO IKURIKIRA



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments