• Amakuru / MU-RWANDA


Hari bamwe mu baturage batuye mu karere ka Gasabo mu murenge wa Jabana by’umwihariko mu kagali ka Bweramvura mu mudugudu wa Gikingo bavuga ko bahangayikishijwe n’ibikorwa by’abigize ibyihebe batumye aka gace kabo kagera aho kitwa izina ry’Igihugu cy’abaturanyi cya Congo.

Aba baturage bavuga ko muri aka gace hari ibikorwa byinshi by’urugomo n’Ubujura rimwe na rimwe binajyanirana n’ubwicanyi bakemeza ko byose bituruka ku kuba hari insoresore zihatuye zigize indakoreka zikirara mu baturage ku buryo ngo hari n’abo zijya zisohora mu nzu zabo zikabambura ibyabo ku ngufu kandi ntihagire ubibazwa.

Hari umwe muri aba baturage wabwiye Bplus TV ko aho bigeze bo bifuza ko inzego z’umutekano nkuru zakwinjira muri iki kibazo kuko ngo abanyerondo bo bisa nk’aho byamaze kubarenga.

Ati “Umutu yigira igihazi ate mu gihugu gifite ubuyobozi? Niba abantu bashobora kuza bakajya mu nzu bakakwiba wabibwira umuyobozi akakubwira ngo ntacyo twabikoraho, umuntu abaho gute nta kintu bamukoraho? Akajyana ibintu byawe wajya kumurega bati uriya ntacyo twamukoraho kandi afite imitungo atuye? . Aha hantu kugeza ubwo hitwa muri Congo? Ahantu hitwa muri Congo gute kandi ari mu Rwanda? Banagusanze no mu nzu nta n’umuntu waguhurura kuko abo bantu barazwi ni abantu bigize ibyihebe.”

Undi ati “ Twifuza ko ibyo bihazi babifunga kuko biteye ubwoba muri karitsiye, hari n’aho uca bikanakwambura. Muri make ni uko babihiga bakabikuramo bakabifunga.”

Ikibazo cy’insoresore zikora urugomo si gishya mu matwi y’inzego z’umutekano mu Rwanda, by’umwihariko mu bice bitandukanye by’umujyi wa Kigali, Polisi y’u Rwanda mu bihe bitandukanye itangaza ko iyo agace runaka kadutsemo bene aba bantu ku bufatanye n’abaturage n’inzego z’ibanze hakorwa ibikorwa bidasanzwe byo kubafata bagashyikirizwa ubutabera bagahanwa


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments