• Amakuru / POLITIKI


Minisitri w'Ububanyi n'Amahanga n'Ubutwererane, Amb. Olivier Nduhungirehe yasobanuye impamvu u rwanda rusabwa gukuraho ubwirinzi mu masezerano yarwo na DRC yasinyiwe i Washington muri Amerika mu gihe ubusanzwe n’umuturage wubatse inzu ye ayishyiriraho n’igipangu ku mpamvu z’umutekano.

Byari mu gikorwa cy’Abadepite bemezaga ishingiro ry’umushinga w’itegeko ryo kwemeza burundu amasezerano y’amahoro hagati ya DRC n’u Rwanda nyuma yo gusobanurirwa ibikubiye muri ayo masezerano ingingo ku yindi.

Muri aya amasezerano hakubiyemo ko u Rwanda rugomba gukuraho ingamba zarwo z’ubwirinzi, ibi byatumye Depite Bizimana Minani Deogratias abaza impamvu yabyo mu gihe n’umuturage iyo yubatse inzu ye hari ubwo ashyiraho igipangu cyo kwirindira umutekano maze Minisitiri Nduhungirehe asubiza ko ingamba z’ubwirinzi u Rwanda rwashyizeho zigamije gukumira umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, ufitwe n’Umutwe wa FDLR ushyigikiwe na Leta ya Congo.

Ati “Ubwirinzi bw’u Rwanda icyo buvuze, ni uko Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, itazongera kubaho ukundi. Ko bidashoboka ko Leta y’u Rwanda ishobora kwemera umutwe w’Abajenosideri, wahawe intebe mu myaka 30 ishize, kuko FDLR ntabwo ari umutwe uri aho gusa, bagiye banadutera.

Akomeza agira ati “Aha ngaha niho ukuri kuzagaragarira cyane cyane ubushake bwa politiki bwa Guverinoma ya Congo. Bivuze ko tugomba kuzabona hari igikorwa kigaragara kidashobora gusubira inyuma, kurandurwa kwa FDLR, hanyuma rero bigatuma u Rwanda rukuraho izo ngamba z’ubwirinzi. Icyizere kizaza mu gihe ibyo birimo bishyirwa mu bikorwa, tuzabibona.

Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe yabwiye abadepite ko u Rwanda rubona aya masezerano nk’igisubizo ku bibazo biri hagati y’u Rwanda na DRC ariko anagaragaza impungenge ko ibiri kubera muri icyo gihugu bigaragaza ko cyo kititeguye gushyira mu bikorwa ibikubiye muri aya masezerano.

Abadepite kandi bemeye ku kigero cy’100% ubusabe bwa Amb Nduhungirehe wabasabye ko uyu mushinga wakwemezwa utabanje kunyuzwa muri komisiyo nk’uko bisanzwe bigenda ku yindi mishanga y’amategeko kuko uyu wo wihutirwa kandi ukaba ufitiye impande zombi akamaro.

Minisitiri Nduhungirehe yavuze ko ibindi biri muri aya masezerano harimo ko imfungwa z’Abanyarwanda, abakozi basanzwe bagiye bafatwa bagafungwa, abagiye mu bukerarugendo bagiye bafungwa bagashinjwa ibyaha byo gushaka guhirika ubutegetsi n’ibindi bose bagomba gufungurwa ati “Ibyo kubuza indege za RwandAir kunyura mu kirere cya Congo. Ibyo byose turacyabiganiraho, bigomba kuzakorwaho niba tuvuga ko tugiye mu cyiciro cy’ubufatanye.”

Umushinga w’itegeko ryemeza burundu aya masezerano y’u Rwanda na DRC ukaba watowe n’abadepite ku ijanisha ry’100% kuko 76 bose bari bitabiriye inteko rusange bawutoye bawemeza. Bibaye nyuma y’uko Inama y’abaminisitiri yateranye ku wa 6 Nyakanga 2025 yemeje umushinga w’iri tegeko.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments