• Amakuru / MU-RWANDA

Buri ku wa gatanu wa mbere w’ukwezi kwa Kanama (08) buri mwaka mu Rwanda hizihizwa umunsi mukuru w’Umuganura, ni umunsi  ufatwa nko gusangira no gusabana kw’Abanyarwanda bishimira ibyo baba baragezeho mu mwaka uba urangiye ari nako baganirira hamwe ku ndanga gaciro na kirazira by’umuco nyarwanda by’umwihariko hazirikanwa ubumwe n’ubudaheranwa by’Abanyarwanda.

Muri uyu mwaka wa 2025 uyu munsi usanze nabwo u Rwanda rufite byinshi rwishimira byagezweho mu nzego zitandukanye zirimo nk’urwego rw’umutekano kuri ubu rutajegajega yaba imbere mu gihugu ndetse no mu mahanga, ubuvuzi buteye imbere ku ndwara zitandukanye, uburezi , ubwikorezi bw’abantu n’ibintu, ibikorwa remezo bigezweho kandi byinshi nk’inyubako, imihanda, amasoko ya kijyambere n’ibindi.

Ibi byose abaturarwanda bemeza ko bigerwaho kubera imiyoborere myiza y’Igihugu ku isonga bakemeza ko babikesha Perezida wa Repubulika Paul Kagame. Hari umwe mu bo twaganiriye aravuga  ngo “ Sinakubeshya, Kagame sindahura nawe  yewe nta n’ikindi muca kuko ntitwanapfa guhura ariko uriya mugabo ashoboye uru Rwanda. Niwe waruyobora pe, Reba nk’iyi mihanda akomeje kutwubakira ubutitsa ubuse wamunenga iki.”

Ku rundi ruhande ariko hari bamwe mu banyarwanda bemeza ko uyu muganiro kimwe n’indi iheruka yasanze ibintu byarahindutse cyane ku kuryo abantu batakibasha kuganura no kuganuzanya ahanini ngo bitewe n’Igabanuka ry’ibiribwa.

Aba bavuga ko kuri ubu umusaruro wabaye muke cyane ndetse ko hari na bimwe mu bihingwa nk’amasaka byagiye bikendera ku buryo ngo bo uyu muganura ubasanganye inzara ikomeye.

BIREBE MURI VIDEO IKURIKIRA 



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments