• Amakuru / MU-RWANDA


Bamwe mu basigajwe inyuma n’amateka bo mu karere ka Nyamasheke mu murenge wa Kagano ahitwa 'Kagano-keru' baravuga ko batajya baryama ngo bagoheke bitewe n’impungenge ko inzu zabo zishobora kubagwira bitewe n’ukuntu zashaje cyane.

Iyo ugeze muri izi nzu babamo uhita ubona ko zishaje cyane, ni inzu zifite amabati yatobaguritse cyane, izindi ntizigira inzugi ku miryango naho izindi zo zisakajwe ibintu by’ibiti n’ibyatsi mu gihe inkuta zazo nazo bigaragara ko ziri mu marembera.

Ni ikibazo aba baturage bavuga ko kibabangamiye aho hari uwavuze ngo “Umuyobozi amfashije, nabasaba kugira ngo bantere inkunga mbe nabona nk’ isakaro, nsakare iyi nzu nyigemo kuko byose bibaho kuko umuntu yabonye aho aryama.”

Aba baturage baganiriye na Televiziyo ya Bplus bavuga ko ikibazo cyabo gisa n’ikirengagijwe kuko hari bagenzi babo bo basaniwe ariko bo bakibaza icyabuze bikabayobera. Bati “Natwe badufashije badusanira kuko dukeneye ubufasha kandi tubayeho nabi nawe urabyirebera. Nko mu buriri harimo imwenge igera kuri ine.”

Kuri iki kibazo, Mupenzi Narcise uyobora akarere ka Nyamasheke yavuze ko akarere muri rusange gafite gahunda yo gusanira abaturage baba mu nzu zishaje ndetse ngo urutonde rwamaze kuboneka ariko akanavuga ko icyo atazi neza ari uko n’aba basigajwe inyuma n’amateka baba bari kuri urwo rutonde.

Ati “N’ubundi turi muri gahunda yo kuvugururira abatishoboye kuko hari inzu zagiye zubakwa, ku rutonde rwagiye tubonamo abafite izishaje cyane ariko badafite amikoro, n’ubundi rero turi muri iyo gahunda yo kuvugurura. Izo rero ntabwo nari nareba ko ziri ku rutonde ariko twaza koherezeza ikipe ikajyayo ikareba niba nazo ari inzu zo z’abatishoboye umuntu yafasha.”

Gahunda ya Leta y’u Rwanda y’iterambere mu myaka itanu iri imbere (NST2) iteganya ko hazakorwa ibikorwa bigamije gufasha abakene ndetse by’umwihariko gukomeza kubakira abatishoboye badafite aho gutura na byo biri mu biteganyijwe muri iyo myaka.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments