• Amakuru / MU-RWANDA


Bamwe mu badepite bagize inteko ishinga amategeko bagaragaje impungenge ku mushinga w’Itegeko rigenga serivise z’ubuvuzi, ku mwihariko ku ngingo yo kwemerera abana bbafite imyaka 15 kwifatira icyemezo cyo kuboneza urubyaro.

Bamwe mu badepite bagaragaje ko iyi ngingo iramutse yemewe ishobora guteza ibibazo byinshi birimo nko kuba abo bana bahita bishora mu gukora imibonano mpuzabitsina bikaba byabakururira indwara zitandukanye kandi ari bo Rwanda rw’ejo bashimangira ko igikwiye ari ubukangurambaga no kwigisha abakiri bato bakareka kwishora mu mibonano mpuzabitsina batarageza igihe.

Uyu mushinga w’Itegeko wasobanuwe na Minisiteri y’Ubuzima aho igaragaza ko iriya ngingo iramutse itowe byagabanya inda zitateguwe zikomeje guterwa abangavu aho ngo Imibare igaragaza ko nko mu mwaka wa 2024  abangavu 22.454 basambanyijwe bakanaterwa inda. Iyi akaba ari imibare itaruta cyane indi yo mu myaka yabanjirije 2024 ibyo MINISANTE yemeza ko igisubizo kirambye ari uko abana b’abakobwa bakwemererwa n’amategeko kuboneza urubyaro.

Depite Niyorurema Jean Rene uri mubagaragaje impungenge kuri iyi ngingo yavuze ibigaragara MINISANTE yihutiye kureba uko ahandi babigenje itabanje inzira z’ubukangurambaga busanzwe bukemura ibibazo bitandukanye mu Rwanda.

Ati “Twirukankiye kureba ubushakashatsi bwo hanze kugira ngo turebe uko bikorwa ariko ikigaragara ni uko ubukangurambaga bwo butashyizwemo imbaraga, nkaba numva na cyo cyaba ari ikibazo ko ubukangurambaga bwagabanyutse.”

Yakomeje avuga ko kwemera iyi ngingo bizakururira urubyiruko rw’u Rwanda indwara zitandukanye zirimo nka virusi itera SIDA.

Depite Izere Marie Ingrid  we ati “ubu burenganzira bugiye guhabwa aba bana twabuhuza dute no gukomeza gushishoza tugendeye mu kwifata no kwirinda izindi ndwara zose zandurira aho zikabagiraho ingaruka mu buzima bwabo muri rusange.”

Umunyamabanga wa Leta muri MINISANTE, Dr Yvan Butera yagaragaje ko ubundi buryo bwose bwageragejwe mu gukumira inda ziterwa abangavu bwananiwe gutanga umusaruro ashimangira ko kubabonereza urubyaro ari yo mahitamo ashoboka kuri ubu.

Ati “Twasanze umubare w’aba bana baterwa usa nk’aho udahinduka mu myaka myinshi ishize, ubukangurambaga bukorwa ariko ugasanga ikibazo kiracyahari. Kugira ngo bigerweho neza ni uko guhuza ubukangurambaga, uburere, uruhare rw’umuryango n’abandi ukabihuza n’ibisubizo bigendeye ku bumenyi cyangwa ibikoresho byakwifashisha ibyo ni byo bitanga umusaruro mwiza.”

Ikibazo cy’abangavu baterwa inda ni kimwe mu bikunze kugarukwaho nk’ibihangayikishije umuryango nyarwanda. Minisate yemeje ko benshi mu bana babyara bagerwaho n’ingaruka z’ubuzima bugoye utibagiwe n’abo bana baba babyaye nabo ngo abagera kuri 38% baragwingira.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments