• Amakuru / MU-RWANDA


Abaturage bo mu murenge wa Kicukiro mu kagali ka Kicukiro mu Mudugudu wa Triangle bafashe umugabo wirukankanwanaga n’umukobwa avuga ko amusambanyije akamusiga agakingirizo mu gitsina, ni mu gihe uyu mugabo ariko we yemezaga ko uwo mukobwa nta n’ahantu amuzi.

Abafashe uriya mugabo babwiye itangazamakuru ryacu ko uriya mukobwa yavugirije induru uwo mugabo bituma bamutangira baramufata bakeka ko wenda yaba ari umujura ariko batungurwa no kumva umukobwa amushinja kumusambanya akanamusiga agakingirizo mu gitsina.

Bakomeza bavuga ko hari urujijo mu byo umukobwa yavugaga kuko hari aho yavugaga ko uriya mugabo yamufashe ku ngufu ariko akanemeza ibyo byabereye mu rugo uyu mukobwa akoramo bigatuma bashidikanya ku buryo uwo mugabo yageze mu rugo uwo mukobwa akoramo nk’umukozi wo mu rugo.

Ku rundi ruhande uyu mugabo wafashwe n’abaturage we yavuze ko ibyo uriya mukobwa amushinja ntabyabayeho ndetse ko atanamuzi , ati “ Simuzi, ni kwa kundi umukobwa akubona wifitiye inyinya akagukunda, sinamusambanyije, sinamuzi.”

Polisi y’u Rwanda ikorera mu mujyi wa Kigali nayo yemeje koko ko uriya mugabo yafashwe ndetse ko yafungiwe kuri sitasiyo ya polisi ya Kicukiro mu gihe uriya mukobwa we yahise ajyanwa kuri isange one stop center kugira ngo akorerwe isuzuma abe yanahabwa ubuvuzi bw’ibanze.

REBA IYI NKURU KU BURYO BW’AMASHUSHO MURI VIDEO IKURIKIRA



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments