• Amakuru / MU-RWANDA


Umuturage witwa Karigirwa Kandida warokotse Jenoside yakorewe abatutsi mu 1994 wo mu karere ka Nyagate mu Murenge wa Mimuri akagali ka Rugari ari mu gahinda nyuma y’aho yabyutse kuri uyu wa 07 Kanama 2025 asanga inka yari aherutse guhabwa ngo imifashe kwiteza imbere yatemaguwe n’abagizi ba nabi.

Mu magambo ye uyu mubyeyi yabwiye itangazamakuru ryacu ko mu ijoro yumvise abantu bari mu kiraro cy’inka ye abanza kugira ngo ni inka yaba yaciye ariko arebye asanga itara ry’aho icyo kiraro kiri ryakuwemo ahita amenya ko yaba yatewe n’iko gutabaza abaturanyi baramutabara basanga inka ye yatemaguwe.

Muri ubu bugizi bwa nabi hahise hakekwa umugabo wari uherutse kuvuga ko azihimura kuri uyu Karigirwa ngo kuko yamutanzeho amakuru ko ari umujura muri aka gace.

Amakuru yatanzwe n’abaturage yemeza ko uyu waketswe yahise ajya no kurebwa muri iryo joro agatabwa muri yombi nyuma y’uko basanze ari mu nzu ariko bakamusangaho amaraso n’ubwo we ngo yemezaga ko ari igikomere yagize.

Polisi y’u Rwanda ikorera mu ntara y’uburasirazuba  nayo yashimangiye aya makuru yemeza ko ukekwa yatawe muri yombi mu gihe iperereza rikomeje nk’uko SP Hamdun Twizerimana yabyemereye televiziyo ya BPLUS TV Rwanda.

Iriya nka yatemaguwe ku murizo no ku maguru hahise hafatwa icyemezo cyo kuyibaga nawo ukekwa we yagiye gucumbikirwa kuri Sitasiyo ya polisi ya Mimuli mu gihe iperereza rigikomeje.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments