• Amakuru / MU-RWANDA


Abatuye mu mirenge ya Gitoki na Kabarore mu karere ka Gatsibo mu ntara y’Uburasirazuba basanze umurambo w’umugabo uzwi ku izina rya Kanyamanza mu gishanga cya Mishenyi bikekwa ko yaba yishwe agiye kwiba cyane ko ngo  yari asanzwe azwiho ubujura maze bariruhutsa ngo kuko yari yarabazengereje. Byabaye ku wa 08 Kanama 2025.

Abaganiriye n’Itangazamakuru rya Bplus TV dukesha iyi nkuru bavuze ko kuba uriya mugabo yarapfuye kuri bo ari ibyo kwiruhutsa ngo kuko yari yarabazengereje mu bujura bwe ndetse bakanakeka ko n’uru rupfu rwe rushobora kuba rufitanye isano n’ubujura bwe.

Hari umwe muri aba baturage wagize ati “Uyu mugabo nsanzwe muzi ku izina rya Kanyamanza, ariko uyu mugabo ni umujura wa Ruharwa, ni kenshi cyane najyaga nsimbukana nawe. Umwuga we ni ukwiba, ariko ubu ngubu njye ntabwo nahamya niba hariya yagiye yari yagiye kwiba.”

Akomeza agira ati “Oya n’abandi bajura barebereho, sitinya no kubivuga, n’aha ubu duhagaze barahari baje kureba uko yabaye.”

Undi muturage wagize icyo avuga we yavuze ngo “Twabonye inzira basa n’aho bamukuruye bamuzana muri Mishenyi, ariko ubu ndumva ku mutima dutangiye kugarura agatima twibazaga uburyro tuzongera kuza gufata amazi hano bikaducanga ariko ubu turi kugenda tubohoka aho tumenyeye ko ari umujura. Ibikomere arabifite mu mutwe, mu maso no mu gatuza, biragaragara ko barwanishije ibyuma.”

Undi we yagize ati “ Yari umujura w’ingengera ariko ruharwa. Ni umujura nta muntu utamuzi.”

Rugaravu J Claude, Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Kabarore  yashimangiye iyi nkuru agira ati “Abaturage mu kuduha amakuru batubwiye ko ari umuturage wishwe, ntabwo turamenya abamwishe ariko ngo mu byo azwiho yari umujura ruharwa aho yajyaga yiba ibintu by’abaturage.”

REBA IYI NKURU MURI VIDEO IKURIKIRA



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments