• Amakuru / POLITIKI

Dr Aisa Kirabo Kacyira wakoze imirimo itandukanye muri Leta y’u Rwanda kuri ubu akaba yakoraga mu muryango w’abibumbye yapfuye azize uburwayi yari amaranye igihe kirekire butahise butangazwa.

Amakuru y’urupfu rw’uyu munyarwandakazi wari ufite imyaka 61 y’amvuko yamenyekanye mu mugoroba wo kuri uyu wa 12 Kanama 2025.

Yakoreye umuryango nk’umunyamabanga mukuru wungirije wa UN- HABITAT (ni ishami ry’umuryango w’Abibumbye rishinzwe guteza imbere imijyi hibandwa cyane ku kubungabunga ibidukikije) by’umwihariko kuri ubu akaba yari umuyobozi mukuru w’ibiro by’uyu muryango muri Somalia aho yari ashinzwe ubutubwa bwawo aho muri Somalia.

Mbere yo gukora izi nshingano Aisa Kirabo yakoreye u Rwanda indi mirimo myinsi itandukanye irimo ko yabaye umuyobozi w’umujyi wa Kigali, yabaye kandi ambasaderi w’u Rwanda mu bihugu bitandukanye nka Ghana na Benin n’ibindi ndetse akaba yaranayoboye intara y’Uburasirazuba bw’u Rwanda.

Afite impamyabumenyi ihanitse mubijyanye no kuvura no kwita ku amatungo yakuye muri Kaminuza yitwa James Cook muri Australia akanagira impamyabumenyi y’icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza yakuye muri kaminuza ya Makelele mu gihugu cya Uganda.

Ni umubyeyi w’abana bane.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments