• Amakuru / MU-RWANDA


Umusore witwa Ntakirutimana Fabrice yasanzwe n’abaturage mu byatsi biri ku nzira yabaye intere  avuga ko aho yahagejejwe n’abanyerondo nyuma yo kumuhondagura ijoro ryose bamushinja kwiba inkoko z’abaturage.

Byabereye mu karere ka Rusizi mu murenge wa Gihundwe mu ijoro rishyira ku wa 13 Kanama 2025. Uyu wakubiswe avuga ko abamukubise ari abanyerondo yahuriye nabo mu muhanda yitahira ngo bagahita bamuhagarika bakamusaba kujya kubereka aho yashyize inkoko yibye nyamara we akemeza ko ibyo bamubazaga nta makuru na make yari abifiteho.

Uyu musore akomeza avuga ko abamukubise bamwitiranyije n’undi muntu ngo wari wabacitse kuko ngo bamubwiraga ko hari na mugenzi we wundi bari bari kumwe biba izo nkoko bakavuga ko uyu wakubiswe yaba yari agarutse aho zibwe.

Abaturage muri aka gace babwiye umunyamakuru ko uretse n’uyu musore wakubiswe ko n’ubusanzwe imyitwarire y’abanyrendo ikemanga aho ngo utabahaye amafaranga ya ruswa bashobora no kumukubita bakamwica.

Ubuyobozi bw’umurenge wa Gihundwe bwemeje aya makuru ko koko uyu musore yabonetse yakubiswe ariko ko atakubitiwe muri uyu murenge.

REBA VIDEO IKURIKIRA USOBANUKIRWE BYINSHI KURI IYI NKURU





Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments