• Amakuru / MU-RWANDA


Abarimo abanyamakuru nka Rugaju Reagan, Ishimwe Ricard na Mucyo Antha Biganiro ndetse n’umuvugizi w’abafana ba APR FC, Mugisha Frank uzwi nka Jangwani barekuwe n’urukiko rwa Gisirikare nyuma y’iminsi bari bamaze bakurikiranyweho icyaha cyo gukoresha umutungo wa Leta icyo utagenewe.

Barekuranywe n’abandi basivire ariko ni iby’agateganyo. Bivuze ko bazakomeza kuburanishwa badafunze.

Abo bose hamwe ndetse n’abarimo CSP Hillary Sengabo na CSP Olive Mukantabana bo mu rwego rw’Igihgu rushinzwe igorora (RCS) ndetse n’abandi basivire baregwa muri dosiye irimo n’aba ofisiye 3 mu ngabo z’u Rwanda aho bakurikiranyweho kiriya cyaha bivugwa ko cyakorewe mu igurwa ry’amatike y’Indege yabajyanye mu gihugu cya Misiri mu mukino wahuje ikipe ya APR FC na Pyramids FC yo muri icyo gihugu muri Nzeri 2024.

Icyakora n’ubwo bariya bariya banyamakuru barekuwe abofisiye ba RDF bo urukiko rwategetse ko bakomeza gufungwa by’agateganyo iminsi 30 ngo kuko hari impamvu zikomeye zituma bakekwaho icyaha.

Mu iburanisha ubushinjacyaha bwari bwasabiye abarengwa 28 bose gufungwa by’agateganyo kuko bwemezaga ko hari impamvu zikomeye zituma buri wese acyekwaho icyaha. Gusa ni n’iburanisha ryabereye mu muhezo.

Abaregwa bose baburanye bahakana ibyaha bagashimangira k obo baguze amatike y’indege biyishyuriye amafaranga.

Cpt Peninah Umutoni ufatwa nka kizigenza muri iyi dosiye we yari yireguye agaragaza inzitizi zirimo ko yemezaga ko yafashwe mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments