• Amakuru / MU-RWANDA


Ibyaha bimunga ubukungu bw’Igihugu, ingengabitekerezo ya Jenoside no Gusambanya ku gahato mu biri mu byahawe umwihariko mu mwaka w’ubucamanza wa 2024/2025 ku ruhande rw’Ubushinjacyaha aho bunemeza ko imanza kuri ibi byaha bwanazitsinze ku kigero cyo hejuru.

Ubushinjacyaha bukuru bwatangaje ko uyu mwaka w’ubucamanza hashyizwe imbaraga mu kwihatira kuzamura ikigero butsindiraho imanza buburana ndetse ko kuri ubu igipimo cyiyongereye ugereranyije n’umwaka wa 2023/2024

Umushinjacyaha mukuru Habyarimana Angelique ati “ Kuva muri Nyakanga 2024 kugeza muri kamena 2025, mu manza ibihumbi 42 na 378 zaburanywe n’ubushinjacyaha imbere y’inkiko, muri zo ibihumbi 39 na 498 zingana na 93,2% ubushinjacyaha bwarazitsinze. Ibi bikaba bigaragaza ko ubwiza bw’akazi dukora bukomeje gutera imbere.”

Mu byaha ubushinjacyaha bwemeza ko bifite umwihariko bwatsinze harimo nk’icyaha cyo gusambanya umwana ku ngufu aho bwavuye ku kigero cyo kugitsinda cya 65,3% kuri ubu bukaba bwarageze ku kigero cyo kugitsinda cya 74%. Ni mu gihe icyaha cyo gusambanya ku gahato cyo ubushinjacyaha bwagitsinze ku kigero cya 71% buvuye kuri 64%.

Icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside ubushinjacyaha cyo bwagitsinze ku kigero cya 85% buvuye kuri 81% bwariho mu mwaka wa 2023/2024. Umushinjacyaha mukuru ati “Mu gihangana n’ingengabitekerezo ya jenoside ubushinjacyaha bwakiriye amadosiye 293 yose arakorwa ararangira kandi ashyikirizwa inkiko.”

Naho ibyaha bimunga ubukungu bw’igihugu byo ubushinjacyaha bwabitsinze ku kigero cya 84% buvuye kuri 83,6%. “Ubushinjacyaha bwakiriye amadosiye 1.252 muri zo 1.153 zafatiwe umwanzuro bivuga ko bingana na 92% by’amadosiye yose yakiriwe. Hanyuma muri ibi byaha mu manza 620 zasomwe ubushinjacyaha bwabashije gutsindamo 521”

Mu mwaka ushize ubushinjacyaha bukuru bwakoze akazi kashyizwe mu nkingi ebyiri ari zo, ikorwa ry’amadosiye ndetse no kuyashinja imbere y’inkiko

Mu mwaka wa 2024/2025 ubushinjacyaha bukuru bwakiriye amadosiye ibihumbi mirongo irindwi n’umunani na Magana ane na mirongo inani n’icyenda (78.489) “Muri yo bukoramo agera ku bihumbi 75 na Magana arindwi na mirongo itatu n’ebyiri. Bingana na 96,4% by’amadosiye yose yakiriwe, twibutse ko twari twarahize kuzakora amadosiye angana na 96% yayinjiye bityo uyu muhigo ukaba waragezweho ku kigero cy’ijana ku ijana.”

Muri ariya madosiye yose ayaregewe inkiko ni 42.279 ni mu gihe ayashyinguwe ari 33.453 ati “ aya madosiye yashyinguwe bituruka ku mpamvu zitandukanye muri zo hakaba harimo n’uburyo bwo gukemura amakimbirane bidaciye mu nkiko. Twavuga nko guca ihazabu aho biteganywa n’amategeko ateganya ibyaha n’ibihano cyangwa se kumvikanisha uwahohotewe n’uregwa.”

Umushinjacyaha mukuru akaba yashimangiye ko umwihariko wabaye kumvikanisha ababuranyi mu rwego rwo kwihutisha ubutabera nk’uko binary mu cyerekezo cya gahunda ya guverinoma y’imyaka itanu (NST2).

Ati “Imibare y’ubwumvikane hagati y’ukekwaho icyaha n’uwagikorewe igaragaza ko hakozwe amadosiye agera ku 2004 naho guca ihazabu nta rubanza byo byakozwe mu madosiye 559. Hanyuma ubwumvikane burebana no kwemera icyaha hakozwe amadosiye agera ku 11.846”

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments