• Amakuru / MU-RWANDA


Habiyarembye Zacharie wamamaze ku mbuga nkoranyambaga ku mazina ya Bishop Gafaranga yatangiye kuburana mu mizi urubanza aregwamo ibyaha byo gukubita no gukomeretsa ndetse no guhoza ku nkeke uwo bashakanye.

Ku wa 7 Gicurasi 2025 ni bwo Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB, rwari rwemeje ko rwataye muri yombi Gafaranga. Ku wa 22 Gicurasi 2025 nibwo yari yaburanishijwe urubanza ku ifungwa n’Ifungurwa ry’agateganyo aho  Ubushinjacyaha bwari  bwagaragarije urukiko ko hari ibimenyetso birimo raporo y’ubuyobozi bw’inzego z’ibanze igaragaza ko Gafaranga n’umugore we bombi bagiranaga amakimbirane, ndetse na raporo ya muganga igaragaza ko uwo mugore we witwa Murava afite agahinda gakabije katurutse ku ihohoterwa.

Ubushinjacyaha bwasobanuye ko Gafaranga ashyira ku nkeke umugore we binyuze mu kumwita ‘Ikigoryi’ ndetse no kumubuza uburenganzira ku mitungo yabo bombi.

Urukiko rw’ibanze rwa Nyamata ryaje gufata umwanzuro ku wa 23 Gicurasi 2025 rwemeza ko Gafaranga agomba gufungwa iminsi 30 y’agateganyo. Gusa uyu mugabo usanzwe ari n’umuhanzi w’indirimbo yaje kujuririra icyo cyemezo.

Ku itariki 7 Nyakanga 2025 Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwaburanishije uru rubanza  mu bujurire ariko na rwo ruza kwemeza ko agomba gukomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo.

Icyo gihe mu bujurire nib wo ku rukiko hagaragaye umugore wa Gafaranga, Annette Murava afite impapuro urukiko rutigeze rwemera kwakira bikavugwa ko zari izigaragaza ko nta kibazo afite mu rwego rwo gusaba ko umugabo we yarekurwa.

Kuri uyu wa 15 Nzeri 2025 rero akaba ari bwo uru rubanza rugiye gutangira kuburanishwa mu mizi mu rukiko rwisumbuye rwa Gasabo.

Bishop Gafaranga aramutse ahamwe n’iki cyaha cyo guhoza ku nkeke uwo bashakanye yahanishwa ingingo ya 147 y’itegeko Nº68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.

Iyi ngingo ivuga ko uhamwe na cyo ahanishwa igifungo kitari munsi y’umwaka umwe ariko ntarenze imyaka ibiri.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments