• Amakuru / MU-RWANDA


Mu murenge wa Rugerero, akagali ka Muhira mu mudugudu wa Kasonga ho mu karere ka Rubavu habaye impanuka y’ikirombe cyagwiriye abasore babiri bacukuraga itaka umwe ahita apfa naho undi ajyanwa kwa muganga yakomeretse bikomeye.

Byabaye mu gitondo cyo ku cyumweru ku wa 14 Mata 2025 ahagana saa moya za mugitondo.

Iki kirombe cyagwiriye abasore babiri umwe arakomereka bikomeye naho undi ahita apfa ababibonye bati “Yapfuye nabi, umutwe wasadutsemo kabiri. Umutwe turumva ko habonetse  igice kimwe ikindi ngo cyamenetse.”

Basobanura ko ubundi uko aka kazi gakorwa ngo umuntu umwe arima itaka yasoza abandi bagatangira kuripakira mu modoka, ari na byo byabaye ubwo iyi mpanuka yabaga kuko ngo bari bari gupakira imodoka ndetse ngo  “Ikigaragara imodoka yari yuzuye isigaje guhaguruka kiba kiramanutse, kiba kimuciye umutwe.”

Abakoraga muri iki kirombe gicukurwamo itaka bemeza ko bari babizi ko nyiracyo acukura adafite ibyangombwa gusa ngo yahoraga ababwira ko akiri kubishakisha. Umwe ati “ Isomo dukuyemo rero ni ukuzajya turima neza tugaca ingazi ibyo byangombwa nawe akabishaka.”

Bakomeza basabira umuryango wa nyakwigendera impazamarira ndetse uriya cyakomerekeje nawe akaba yavuzwa na nyiri iki kirombe.

Umunyamabanga nshingwa bikorwa w’uyu murenge wa Rugerero, Uwajeneza Jeannette yasobanuye ko nyiri iki kirombe yacukuraga mu buryo butemewe n’amategeko ndetse ko yihanangirijwe kenshi ariko akabirengaho gusa ngo kuri ubu agiye gushakishwa akurikiranwe mu mategeko.

Ati “Twebwe nk’ubuyobozi twaranamwandikiye, ariko n’ubuyobozi bw’akarere bwaramusuye buranamwandikira ndetse bumutangira n’ikirego kuko bagenzi be barabivugaga bakabona ko ibi bintu abikora mu buryo butemewe. None ibyo byaha yakoraga murabona icyo bitubyariye, bitubyariye urupfu. Nyiracyo turamushakisha abibazwe kuko ubu ni we utumye tubura ubuzima bw’uyu muturage.”

Uriya muturage iki kirombe cyishe afite imyaka 19 y’amavuko, abakoranaga na we muri iki kirombe babwiye umunyamakuru wacu ko bamwitaga Nkuru.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments