• Amakuru / MU-RWANDA


Mu karere ka Muhanga hari kuvugwa amakimbirane akomeye hagati y’umuyobozi w’ishuri rya EP Munini riherereye mu murenge wa Nyamabuye mu karere ka muhanga n’abo bakorana cyane cyane abarimu aho ngo bigeze ku rwego rw’aho iyo abakozi batekeye abarimu ibiryo uyu muyobozi witwa Uwujinema Fortune ngo araza akabifata byose akajya kubimena agamije kuberaka ko ari we ukomeye muri iki kigo.

Amakuru dukesha abakora n’abarerera muri iri shuri yemeza ko hamaze iminsi humvikana umwuka utari mwiza mu miyoborere y’iri shuri ku buryo byageze n’aho uyu muyobozi ngo aherutse kurwana n’umucunga mutungo w’iri shuri ibintu ngo byabereye mu ruhame rw’abarimu n’abanyeshuri.

Aya makuru akomeza avuga ko uwo murwano ari wo wabaye intandaro ya byose kuko ngo umuyobozi akibona ko ibyo gukubitira umuyobozi mugenzi we mu ruhame ari amakosa yari akoze yahise atanguranwa ajya kurega mu nzego z’ibanze na RIB ariko birangira atsinzwe.

Gutsindwa kwe rero ngo kuko byanaturutse ku buhamya bwatanzwe n’abarimo bamwe mu barium babibonye byatumye yijundika ababutanze bose kuva ubwo amakimbirane ahita atangira aho ngo uyu muyobozi asigaye abahimbira ibyaha n’amakosa bo batemera.

Hari bamwe mu barimu banavuga ko ibi biri mu byatumye ahita atangira guhindagurira buri wese amasomo yigishaga mu rwego rwo kwihimura ibintu bemeza ko byatumye bamwe bahabwa kwigisha amasomo badashoboye. Ibyifuzo bya bamwe akaba ari uko yahindurwa mu rwego rwo kurushaho kunoza akazi ko kurera mu ishuri rya EP Munini.

Umwe ati “ Tugasaba ko nibura ubwo iki gihembwe gitangiye babigarurira mu nzira ya hafi kugira ngo tuzabone umusaruro, twebwe abarimu twiteguye gukora kandi neza.”

Undi mwarimu yagize ati “ Njyewe yamaye amanota atabaho ni ko nabivuga, yambaye 51% abandi yahaga 80 abashyira kuri 70, ni ukuvuga ngo ni abavugishije ukuri muri RIB n’abavugishije ukuri mu kanama ka Discipline. Njye nkurikije, banadutandukanya, buriya umuntu ukujyana mu nzego z’ubuyobozi  akurega noneho muri RIB, mbona y’uko nta kwizerana guhari.”

Undi ati “akazi karadindira, ntabwo bizavamo. Nawe urabona ikigo uko gisa nta marangi, ibibaho twandikaho biranyerera ingwa ntizifata…”

Naho umukozi uvuga ko ari mu bateka ibiryo bikamenwa we yagize ati “Umuyobozi turateka akaza akamena ibiryo, ejo natekeye abarezi arangije arabifata abimena muri mivero y’abana.”

Umunyamakuru yagerageje kuvugisha uyu muyobozi w’iri shuri ushinjwa amakimbirane ariko nyuma yo kwitaba telephone ye akumva ko ari kuvugana n’umunyamakuru yahise ayikupa.

Ni mu gihe ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga nabwo butabonetse ngo bugire icyo butangaza ku kigiye gukorwa kuri iki kibazo kuko mu nshuro zose umunyamakuru yagerageze kubuvugisha butabashije kwitaba telefone gusa nihagira igikorwa kuri iki kibazo BTN ikazabigarukaho mu makuru yayo.


Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments