Urukiko rw’Ibanze
rwa Gasabo rwafashe umwanzuro wo gusubika urubanza ruregwamo Kalisa Adolphe
wahoze ari umunyamabanga mukuru w’Ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda ku
ifungwa n’Ifungurwa ry’agateganyo.
Kalisa
Adolphe akurikiranyweho ibyaha birimo birimo kunyereza umutungo no gukoresha
inyandiko mpimbano nk’uko byatangajwe n’urwego rw’Igihugu rw’ubugenzacyaha ubwo
rwatangazaga ko yatawe muri yombi ku wa 16 Nzeri 2025.
Kuri uyu wa
19 Nzeri 2025 ni bwo byari byitezwe ko uyu mugabo agezwa imbere y’urukiko
kugira ngo aburanishwe ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo ariko byarangiye
uru rubanza rusubitswe ku busabe bw’ubwinganizi bwa Kalisa.
Me Me.
Bizimana Emmanuel umwunganira, ysabye urukiko ko uru rubanza rwasubikwa nyuma
yo kugaragaza imbogamizi zirimo ko batabonye umwanya uhagije wo gusoma
ibikubiye muri Dosiye imurega yatanzwe n’ubushinjacyaha ndetse ngo nta n’umwanya
wo kubiganiraho n’uwo yunganira bigeze babona.
Nyuma yo
kumva ubu busabe, Urukiko rwanzuye ko iburanisha ku ifungwa n’ifungurwa
ry’agateganyo risubikwa rikazakomeza ku wa 25 Nzeri 2025.
RIB
yatangaje ko yataye muri yombi Kalisa Adolphe (Camarade), wahoze ari
Umunyamabanga Mukuru w'Ishyirahamwe ry'umupira w'Amaguru mu Rwanda (FERWAFA),
ndetse na Tuyisenge Eric wari ushinzwe ibikoresho by'ikipe y’Igihugu Amavubi.
Mu gihe
icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano giteganywa n’ingingo ya 276 y’itegeko
No 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange. Ugihamijwe
n’urukiko ahanishwa igahano cy’igifungo kuva ku myaka itanu ariko kitarenze
irindwi n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva kuri miliyoni 3 Frw ariko
atarenga miliyoni 5 Frw cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.
Ni mu gihe icyaha
cyo kunyereza umutungo,cyo giteganywa n'ingingo ya 10 y’itegeko N°54/2018 ryo
kuwa 13/08/2018 ryerekeye kurwanya ruswa. Ugihamijwe n'urukiko ahanishwa
igifungo kiri hagati y'imyaka 7 kugeza ku myaka 10, n’ihazabu y’amafaranga y’u
Rwanda yikubye inshuro kuva kuri 3 kugeza kuri 5 z’agaciro k’umutungo uhamijwe
icyaha yanyereje.