Mu karere ka
Ruhango, Umurenge wa Kinazi mu kagali ka Nyagahama haravugwa inkuru y’umugabo witwa
Mugesera Ildelphonse ngo wagiye kwiba imyumbati mu murima agezemo asangamo
abayirarira arabarwanya baramukubira birangira bamwishe.
Abatuye muri
aka gace babwiye umunyamakuru ko uyu nyakwigendera yari yarayogoje imidugudu
yose kubera ubujura ndetse ngo hari n’aho yari aherutse kujya kwiba inyama maze
aterura inkono yazo ku ziko ajya kuzirira iwe mu rugo, ibintu ngo byanatumaga
bahora bamwirukana mu midugudu itandukanye yo muri aka kagali.
Umwe ati “
Yibaga imyaka n’ihene no mu nzu hose numvaga bamuvuga ko yiba nanjye ubwanjye
ejobundi yaranyibye.”
Undi ati “
Mu mudugudu wacu mudugudu yamwirukanye avuga ngo ni we wamwibiye ihene, ibyo
byo byaravuzwe. “
Muri aba
baturage baganiriye n’umunyamakuru harimo n’abadatinya kuvuga ko kuba yishwe
byari bikwiye ngo kuko “Iyo umujura aguteye ntiwitabare n’ubundi we agutanze
yakwica niba yabarwanyije bakaba bakubise nk’ahantu agapfa ndumva bariya bantu
bakwiye kuba barekurwa kuko ni uguhohoterwa.”
Akomeza
agira ati “ Ni umuntu waheraga mugitondo anyway akageza ku ijoro nkatwe duhera
mugitondo duhinga ntitubone n’ayo yo kunywera rwose bigaragare ko yari umujura
ruharwa.”
Undi ati “ Ariko
na none ntabwo cyakagombye kwirirwa cyiba abaturage, cyakagombye gukora”
Umugore wa
Nyakwigendera we avuga ko atari azi ko umugabo we afite iyi ngeso icyakora
akemeza ko mu ijoro yishwemo koko atari yaraye mu rugo. Ati “ Ubwo birashoboka
ariko nta makuru afatika kuko inaha bari bamurwaye cyane”
Inzego z’umutekano
zahise zifata abavugwaho ko ari bo bakubise uriya mugabo zijya kubafungira kuri
sitasiyo ya polisi ikorera mu murenge wa Kinazi naho umurambo wa nyakwigendera
wo ujyanwa ku bitaro by’akarere ka Ruhango.
Like This Post? Related Posts