• Amakuru / MU-RWANDA


Umusore wo mu karere ka Bugesera mu murenge wa Mayange akagali ka Kibilizi  akurikiranweho kwica se amutwitse nyuma yo kumuzingira muri matela ayimenaho esanse ahita amutwika, abatuye muri ako gace bavuze ko uyu musore yari amaze iminsi ataba muri aka gace.

Yamutwitse mu ijoro ryo ku wa 25 Nzeri 2025 amusanze ku buriri aryamye ahita umutwika mu gihe nyina yari ari mu gikoni atetse.

Uyu musore wishe se yitwa Manirakiza Elia naho se wishe we yitwa Kayitsinga Emmanuel.

Nyakwigendera yari umusaza ufite imyaka 76, ndetse uyu muhungu we wamwishe ni we mwana wenyine wari usigaye mu rugo mu gihe abandi bavandimwe be bo bashatse bubatse ingo zabo.

Amakuru atangwa n’abaturage avuga ko uyu musore ngo yapfuga na se ibibazo bishingiye ku mafaranga aho ngo yasabaga se kumugurira moto ariko se akamusaba kuba ategereje undi ntabyemere.

Binavugwa ko uyu muhungu mu bihe bitandukanye yajyaga yiba se amafaranga ndetse ngo hari n’ubwo yajyanwaga mu bigo ngororamuco ariko ayagaruka akongera gutera hejuru nyakwigendera.

Hari n’amakuru avuga ko uyu muhungu yajyaga ambwira se ko atamubyaye abihereye ku kuba ngo yabonaga amufata nabi.

Kugeza ubu uyu musore yatawe muri yombi aho afungiwe kuri sitatiyo ya RIB ya  Nyamata, yari aherutse kuva i Kigali aho yari amaze iminsi nyuma yo kubona ko ubuzima bwaho bumunaniye.

Turacyari kubategurira iyi nkuru mu buryo bw’amashusho…

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments