Icyaha yahamijwe
yagikoreye mu Kagari ka Gitwa, Umurenge wa Rubengera mu Karere ka Karongi ubwo
yari yasigaranye n’umukobwa we mama we yagiye gukura ibijumba.
Inkuru
y'Ubushinjacyaha Bukuru ivuga ko yahengereye umwana we yinjiye mu nzu,
aramufata amujyana mu cyumba aramusambanya arangije amutegeka kutabibwira mama
we.
Bivugwa ko nyuma
byaje kugaragara ko yamuteye inda n’umwana abibwira nyina, uwo mugabo atangira
gukurikiranwa.
Urukiko rukaba
rwemeje ko ahamwa n’icyaha cyo gusambanya umwana; rumuhanisha igihano
cy’igifungo cya burundu muri gereza hashingiwe ku ngingo ya 14 y’Itegeko no
059/2023 ryo ku wa 04/12/2023 rihindura Itegeko no 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018
riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.
Gusambanya
umwana, itegeko risobanura ko umuntu wese ukorera ku mwana kimwe mu bikorwa
bishingiye ku gitsina bikurikira, aba akoze icyaha: Ibyo bikorwa bivugwa mu
Ingingo ya 133 y’Itegeko nº 059/2023 ryo ku wa 04/12/2023 rihindura Itegeko nº
68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange.
Gushyira
igitsina mu gitsina, mu kibuno cyangwa mu kanwa k’umwana. Gushyira urugingo
urwo ari rwo rwose rw’umubiri w’umuntu mu gitsina cyangwa mu kibuno cy’umwana.
Gukora ikindi gikorwa cyose ku mubiri w’umwana hagamijwe ishimishamubiri. Iyo
abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka 20 ariko
kitarenze imyaka 25.
Iyo umuntu
mukuru asambanyije umwana uri munsi y’imyaka 14, igihano kiba igifungo cya
burundu kidashobora kugabanywa kubera impamvu nyoroshyacyaha.
Iyo umuntu
mukuru asambanyije umwana ufite cyangwa urengeje imyaka 14 bigatera umwana
indwara idakira cyangwa ubumuga, igihano kiba igifungo cya burundu.
Iyo umuntu
mukuru asambanyije umwana bigakurikirwa no kumugira umugabo cyangwa umugore,
igihano kiba igifungo cya burundu kidashobora kugabanywa kubera impamvu
nyoroshyacyaha.
Iyo umwana ufite
imyaka 14 ariko utarageza 18 y’amavuko asambanyije umwana uri munsi y’imyaka
14, ahanwa hakurikije ibiteganywa mu ngingo ya 54 y’iri tegeko.
Iyo umwana ufite
nibura imyaka 14 asambanyije umwana ufite imyaka 14 akoresheje imbaraga,
iterabwoba, uburiganya cyangwa abikoze ku ntege nke z’uwakorewe icyaha, ahanwa
hakurikijwe ibiteganywa mu ngingo ya 54 y’iri tegeko.