• Amakuru / MU-RWANDA


Mu bwiherero bw’umuturage utuye mu murenge wa Jarama ho mu karere ka Ngoma habonetse umurambo umwana w’uruhinja bigaragara ko yapfuye akimara kubyarwa n’umuntu utaramenyekana kugeza na ubu.

Abatuye muri uyu murenge bemeza ko umurambo wa ruriya ruhinja wabonywe n’umubyeyi witwa Mutezinka Julienne utuye mu rugo wabonetsemo, basobanura ko uwo mubyeyi yagiye mu bwiherero bwe ariko akibugeramo atungurwa no gusangamo amaraso menshi bimutera amakenga ahamagara abantu.

Nyuma y’uko abantu bahageze ngo bahise bamurika hasi mu bwiherero maze babona harimo umwana w’uruhinja inyo zatangiye kumujyaho bamukuramo basanga yamaze gupfa. Umwe mu babibonye yagize ati “Ubundi twabibwiwe n’amaraso yari hano hejuru, umwana yari arimo ariko yari yapfuye, baramwoza bamushyira mu gitenge bamushyira no mu gakarito.”

Aba baturage bakomeza bavuga ko kugeza ubu hataramneyekana uwaba yakoze iki gikorwa kigayitse cyo kwihekura cyane ko ngo mu gace kose nta n’umuntu uzwi waba yari atwite inda y’imvutsi kuri ubu ikaba yavutse umwana ntaboneke.

Ni amakuru yanashimangiwe n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Jarama nawe wemeje ko uwakoze ubu bunyamaswa atahise amenyekana icyakora ko hagishakishwa amakuru anaboneraho gusaba abaturage kwirinda ibikorwa nk’ibi asaba abafite ibibazo ibyo ari byo byose kwegera ubuyobozi bagafashwa.

REBA IYI NKURU KU BURYO BURAMBUYE MURI VIDEO IKURIKIRA



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments