• Amakuru / MU-RWANDA

Hari imiryango y’abasigajwe inyuma  n’amateka yatujwe mu Mudugudu wa Kabagorozi, mu Kagari ka Ninda,  mu    Murenge wa  Nyange, mu Karere ka Musnze  bavuga ko aho batujwe hakunze kwibasirwa  n’amazi menshi ava mu birunga ayoba inzira  maze akabasenyera.

Aba baturage babwiye BTN TV ko bahangayikishijwe no kuba aho batujwe hakunze kwibasirwa n’ibiza by’amazi  ava mu birunga ayoba inzira akabasanga aho  batuye akabasenyera inzu n’ubwiherero. 

Abatuye hafi y'aka gace na bo bavuga ko aho iyi miryango yatujwe hakunze kwibasirwa  n’ibiza by’amazi ava mu birunga yuzura agata  inzira akanyura mu mu nzu z’abo baturage,  bakabasabira ko batabarwa  kugira ngo  hatazagira abahasiga ubuzima.

Imiryango 25 y'abasigajwe inyuma n’amateka   igizwe n’abantu basaga 80 ni yo yatujwe muri uwo mudugudu. 

Inkuru irambuye mu buryo bw'amajwi n'amashusho. 
 



Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments