• Amakuru / MU-RWANDA


Hari bamwe mu baturage baturiye Pariki y’ibirunga mu mirenge itandukanye y’akarere ka Nyabihu bavuga ko inyamaswa ziyirimo zibarembeje binyuze mu kubonera imyaka ndetse rimwe na rimwe zikanabarya ibyo baheraho basaba Leta kuzitira iyo pariki.

Abaganiriye na BTN TV kuri iki kibazo bavuze ko izi nyamaswa zibazengereza ahanini bakaba badashobora kugira icyo bazikoraho kuko bazi neza ko hari uburenganzira zihabwa n’amategeko arengera ibidukikije bagasaba ko iriya pariki yazitirwa kugira ngo nabo zirekere kubonera imyaka.

Umwe muri bo yagize ati “Hari imbogo zigenda zikarya ingano, hari inkima zirandagura ibirayi, noneho n’ingagi zikarya ibiti. Nta kintu tubona, Ntacyo.”

Undi ati “Ni ikibazo kiduhagitse cyane cy’imbogo. Kandi ugasanga si n’imyaka gusa ahubwo n’abantu babigenderamo. Abantu barapfa.”

Aba baturage bahuriza ku kuvuga ko iyo izi nyamaswa zisohotse muri pariki zibangiriza imyaka bifuza ko hafatwa ingamba ku buryo batakomeza kugongana nazo. Bati “Twasaba ko bazitira iri shyamba tugakomeza tugahinga ariko izo nyamaswa zikabura aho zinyura ziza kutwangiriza imyaka.”

Umuyobozi w’akarere ka Nyabihu, Mukandayisenga Antoinette nawe yemeza ko koko iki kibazo gihari ariko ahumuriza aba baturage yababwiye ko ku bufatanye n’izindi nzego zirimo n’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB) hari ibisubizo bihari kuri iki kibazo.

Ati “ Iyo abantu bonewe hari ukuntu habaho guhita bagaragaza raporo zijyanye n’ubwone noneho RDB ikabishyura binyuze muri cya kigo cyishyura ahantu hari ubwone. Ni ibintu birimo kugenda bifata umurongo, ariko icyo twifuza ni uko hakabaye habaho uburyo bwo gukumira bikarangira ntizize, ni cyo cyaba ari igisubizo kirambye. Rero dukorana na RDB numva uko ibihe bizagenda biza igisubizo kirambye kizageraho kiboneke.”

Ikibazo cy’inyamaswa zangiriza abaturanye na Pariki si umwihariko muri Nyabihu kuko gikunze kugarukwaho mu bice byose bituranye na za Pariki mu Rwanda, ni ikibazo ariko gifite n’igisubizo harimo no kwishyurwa na RDB ku bangirijwe n’inyamaswa.

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments