• Amakuru / MU-RWANDA


Hari bamwe mu bagabo bo mu karere ka Gakenke bavuga ko barembejwe n’inkoni bakubitwa n’abagore babo bitewe n’uko abo bagore bumvise nabi ihame ry’uburinganire bagahita batangira kwitwara nabi mu miryango yabo.

Abagabo bakubitwa babwiye itangazamakuru ryacu ko uko ibintu byifashe muri aka karere kuri ubu atari neza mu miryango yabo kuko ngo bakubitwa bagatinya kujya kurega kuko akenshi mu muco nyarwanda bidasanzwe kumva ko umugabo yaba yakubiswe n’umugore.

Mu magambo yabo bakavuga ko ubu bahindutse imbwa “Le Chien” ati “Inkoni zigiye kutwica, twararembye, twabuze aho dutabariza, abagore bavuze ko ari uburinganire ko twe nta jambo tukigira”

Undi ati “Abagore bari gukorera abagabo agasuzuguro kenshi, agataha nijoro umugabo yatashye kandi ntabwo wavuga ku mugore baramuhaye uburenganzira. Ahubwo hari abagabo benshi bari gukubitwa”

Hari uwagize ati “Hariho abagabo bakubitwa, bagakubitwa pe, ntibanavuge kuko nawe urabona umugabo wavuye iwe yagiye kurega ngo umugore yankubise no mu mudugudu baramuseka n’abaturanyi. Dupfa nk’abagabo nyine ubwo ni uko. Tukamirirana amarira yacu ni uko”

Naho undi we ati “Nta mugabo ugifite ijambo, ni le chien (Imbwa),  Twarashize. Twarashize rwose ntabwo ari ukubeshya.”

Ibyo aba bagabo bavuga ntibitandukanye n’ibinashimangirwa na bamwe mu bagore bo muri aka karere kuko nabo bemeza ko hari bagenzi babo bumvise nabi ihame ry’uburinganire bigatuma batagiha agaciro imiryango yabo.

Umwe muri abo bagore ati “Umugore ari mu kabari ari guceza byakomeye kandi umugabo ari mu rugo aryamye! Ubwose ibyo ntibirenze? Oya niyo bwaba uburinganire nta mugore ugomba kugeza saa sita zijoro ataragera mu rugo kandi umugabo aryamye.”

Undi mugore ati “ N’ubwo bavuga ngo ni uburinganire ariko umugabo ni umugabo n’umugore akaba umugore. Kubera ko umugabo ni chef w’urugo rwe.”

Ibi biravugwa mu gihe mu bihe bitandukanye abagabo bahora bashishikarizwa nabo gutinyuka kugaragaza ihohoterwa bakorerwa n’abagore babo kugira ngo inzego z’ubutabera zibashe kubahesha ubutabera.

Binashimangirwa na Umutoni Gatsinzi Nadine uyobora urwego rw’Igihugu rushinzwe Iyubahirizwa ry’uburinganire n’Ubwuzuzanye hagati y’abagabo n’abagore mu iterambere ry’Igihugu, ati “ Turashishikariza abagabo baba bahura n’ibyo bibazo, inzego zirahari kugira ngo zibakire, abayobozi bo muri izo nzego babyumvise aho bishobora kuba bikorwa bikosoke kuko ubutabera ntibuberaho abantu bamwe.”

Nta mibare kugeza ubu iriho igaragaza imiterere y’ihohoterwa mu bagabo gusa icyakora


mu bihe bitandukanye hirya no hino mu gihugu humvikana iki kibazo, ibi bikaba bishimangira ko hakenewe kongerwa imbaraga mu kwita ku miterere y’iki kibazo.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments