• Amakuru / MU-RWANDA


“Iyo bajya kumena za nzoga abagabo banywa bakaza bari kudukubita, ahubwo aka gasururu natwe ubwacu turakanwa.” Bageze n’aho  bavuga ko bagiye “kuzaba abiyahuzi yakugerera mu gipangu utarebye ngo afite imbunda ukamukubita ifuni.”

Ni Bamwe mu baturage bo mu mudugudu wa Kiziguro, ho mu kagali ka Nyundo, Umurenge wa Nyundo mu  karere ka Rubavu bashenguwe no kubona ubuyobozi buzinduka buza muri uyu mudugudu bukamena ibyo bo bise ‘Umusururu’ wacuruzwaga na bagenzi babo.

Mu burakari bwinshi aba baturage bagaragaje ko ibyakozwe bitari bikwiye cyane ko bo bemeza ko uwo musururu wamenywe basanzwe bawunywa ntugire icyo ubatwara ndetse ko kuwumena ari igihombo gikomeye babateje.

Bashimangira ko n’ubwo abamennye uwo Musururu bawufashe nk’inzoga z’inkorano bitari ukuri cyane ko  “Na ba sogokuruza bose bakujijwe n’imisururu n’urwagwa.”

Ummwe ati “Turavuga tuti se ibi n’umwanda kandi abantu babicuruje imyaka n’imyaniko? None barabimennye hari umuntu wari warwara ngo yanyoye umusururu? Ntabwo ari ibikorano bagura ifu bakenga ariko nta kintu bidutwara.”

Undi ati “ Ni amasaka bajya gufata hariya ku mashini bakenga tukanywa. Nonese hari uwo wishe wenda ko ubundi bamena ibintu bavuga bati hari ababiriye bibamerera nabi bajya kwa muganga?”

Aba baturage biganjemo abagore bagakomeza bagaragaza ko “Muri Mahoko hari ahantu bacuruza inzoga abagabo bakazinywa bakaza bakadukubita none ntabwo ari zo bamennye ahubwo batumeneye umusururu.”

Bose bahuriza ku kuvuga ko uriya musururu wamenywe ubusanzwe bawufata nk’igikoma ku buryo hari n’ababyeyi babyaye bawuhabwa ukabafasha kubona amashereka.

Umunyamakuru yagerageje kuvugisha ubuyobozi Rubavu: Nashenguwe n’umusururu wamenywe mu mwanya w’inzoga

Mu bihe bitandukanye inzego z’ubuyobozi hirya no hino mu gihugu bushishikariza abaturage kwita ku isuku y’ibicuruzwa banywa banirinda inzoga zitemewe nka kimwe mu bishobora kugira ingaruka ku buzima.bw’akarere ka Rubavu kuri iki kibazo biragorana bitewe n’uko bwari buhugiye mu kandi kazi.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments