• Amakuru / MU-RWANDA


Urukiko rukuru urugereko rwihariye ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyambukiranya imipaka ruri mu karere ka Nyanza mu ntara y’Amajyepfo rwamaze kwemeza ibihano kuri Karasira Aimable wamenyekanye ku izina rya Prof. Nigga.

Karasira wari umaze imyaka igera kuri 4 afunze aho waregwaga n’ubushinjacyaha ibyaha birimo guhakana jenoside, guteza imvururu muri rubanda, no kuterekana inkomoko y'umutungo we yakatiwe gufungwa imyaka 5 (Bivuze ko asigaje umwaka 1 muri gereza) ndetse urukiko runategeka ko imitungo ye yafatiriwe n’ubushinjacyaha yose irekurwa.

Uru rukiko rumahanishije iki gihano nyuma yo kumuhamya icyaha  kimwe cyo gukurura amacakubiri ibindi byaha byose abigirwaho umwere.

Iburanisha rya nyuma kuri uru rubanza ryabaye ku wa 10 Nyakanga 2025, ubushinjacyaha bwari bwamusabiye gufungwa imyaka 30 n’ubwo we yireguye asaba kugirwa umwere .

Ntibiramenyekana niba ubushinjacyaha cyangwa Karasira ubwe hatarimo abazajuririra iki cyemezo cy’urukiko ruri i Nyanza.

Urubanza rwa Karasira rwaranzwe n’udushya twinshi dutandukanye turimo imyambarire yageranaga ku rukiko, amagambo yakoreshaga urugero nk’aho yigeze kuvuga ati “Ndumva ibyo ubushinjacyaha buri kuvuga byatuma nkora ibindi byaha, Ndigendeye!”kugerana ku rukiko Bibiliya, kudahuza n’abunganizi be rimwe na rimwe byanageze ubwo bahindurwa, kutavuga rumwe n’inteko imuburanisha n’ibindi.

Karasira Aimable Uzaramba alias Prof.Nigga wahimbye indirimbo zitandukanye yanabaye umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda, bimwe mu byaha aregwa bivugwa ko yabikoreye ku miyoboro ya YouTube mu biganiro bitandukanye yagiye anyuzaho gusa ubwo urubanza rwaganaga ku musozo yari yasabye imbabazi ababa barahungabanyijwe n’ibyo biganiro.

Naho umutungo yaregwaga wo hari harimo amafaranga Ubushinjacyaha bwavugaga ko ku bantu bavuga nabi Leta y’u Rwanda bari mu bihugu byo hanze.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments