Umugabo
witwa Rwigema Donacie wari usanzwe ari umuvugabutumwa yapfiriye mu mudugudu wa
Musagara, akagali ka Kanazi ho mu murenge wa Nyamata mu karere ka Bugesera aho
yaguye mu muriri bw’umugore yari yagiye guteraho akabariro, bari bakiri muri
icyo gikorwa.
Amakuru
atangwa n’abaturage avuga ko uyu mugabo yahoze ari umuvugabutumwa mu itorero
rya ADEPR icyakora ngo iryo torero yayoboraga ryaje gufungwa mu nkubiri yo gufunga
insengero zitujuje ibisabwa bituma yigira mu rindi torero aho nabwo yari
ahafite inshingano zikomeye.
Bakomeza
banashimangira ko nyakwigendera yagiye muri urwo rugo avuye gusenga gusa ngo
uyu mugore yapfiriyeho bari basanzwe banabonana kenshi gashoboka.
Uriya mugore
yapfiriyeho we yari asanzwe abana n’abana be batatu muri iyo nzu byabereyemo,
amakuru akavuga ko kuri ubu yahise atabwa muri yombi.
Nyakwigendera we yabanje kubana n’undi mugore bari baranasezeranye mu buryo bwemewe n’amategeko ariko baza gushwana baranatandukana bapfuye kubura urubyaro.