• Amakuru / POLITIKI


Insoresore zikora ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe mu karere ka Rulindo zakoze igisa n’imyigaragambyo zishaka guhorera mugenzi wazo wapfuye ahunga abashinzwe umutekano birangira umwe muri zo arashwe arapfa.

Byabaye mu ijoro ryo ku wa 05 Ukwakira 2025 aho ngo abo basore basaga n’abariye amavubi babanje kujya kunywa inzoga barangije batangira imodoka ya polisi yari iri mu bikorwa byo gucunga umutekano batangira kuyitera amabuye.

Inkomoko ya byose ni urupfu rw’umwe muri abo basore biyise ‘Abapari’ waguye kwa muganga nyuma y’uko yagiye gucukura amabuye y’agaciro mu birombe bya Kampani ya Rutongo Mining hanyuma abashinzwe umutekano wabyo baramwirukankana agwa mu kinogo ajyanwa kwa muganga ariko birangira apfuye.

Ibi byaje kuragaza bagenzi be barimo na mukuru we ari nawe waje kuraswa, uyu mukuru we ngo ubwo bari mu muhango wo gushyingura murumuna we yavuze ko ‘bagiye guhorera uru rupfu’ ndetse abatumye apfa bakabiryozwa.

Bakiva gushyingura rero ngo ni bwo bahise bajya mu kabari banywa inzoga batangira guhiga umwe mu bashinzwe umutekano wa Rutongo Mining ariko bamubuze bashyira bariyeri mu muhanda badashaka ko hagira umuntu utambuka.

Imodoka ya Polisi nayo yageze kuri iyo bariyeri bahita batangira kuyitera amabuye baranayirukankana bayisubiza inyuma, polisi y’u Rwanda ikorera mu ntara y’Amajyaruguru ivuga ko yagerageje kubaturisha irasa mu kirere ariko bakomeje guteza akavuyo ibyatumye haraswa umwe muri bo babona gutanga umutekano.

Uwarashwe ni uriya mukuru wa nyakwigendera waguye mu cyobo. Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, IP Ngirabakunzi Ignace agashishikariza abaturage kutijandika mu bikorwa nk’ibi by’urugomo no kurwanya inzego kuko birangira babiburiyemo ubuzima.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments