• Amakuru / MU-RWANDA


Mu murenge wa Runda ho mu karere ka Kamonyi habereye impanuka ikomeye kuri uyu wa 15 Ukwakira 2025 aho imodoka yo mu bwoko bwa HOWO yamanutse mu muhanda w’aho bita kuri ADEPR yerekeza MAGERWA ikagenda igonga imodoka nyinshi zari mu muhanda.

Byatangajwe ko iyi mpanuka yahise ihitana abantu babiri abandi 11 bagakomereka ku buryo bukomeye.

Ababonye iyi mpanuka babwiye umunyamakuru wacu ko ikigaragara iriya HOWO yari yabuze Feri ndetse bakanashimira umushoferi wari uyitwaye ngo kuko ukurikije uko yagiye yitwara mu muhanda “Byagaragaje ko ari umuhanga kuko aba yishe abantu benshi, Ni Imana ihabaye n’ubuhanga bwe.”

Mu mashusho BTN yafatiye ahabereye iyi mpanuka hagaragaramo imodoka zitari munsi y’eshanu zagonzwe ndetse bikanagaragara ko zangiritse cyane.

Umwe mu babibonye ati  “Itunyezeho yirukanka cyane ariko Imana dushimira ni uko itishe abantu benshi nk’uko twabitekerezaga kuko hari na bisi itwaye abagenzi ikatiye, Uyu mushofari ntako atagize yagerageje cyane. Ni imfura rwose, ubwo abapfuye ni ukwihangana kuko nyacyo we atakoze, yatangiye gucika feri ageze kuri ADEPR.”

 Undi ati “ Urebye aravuze ati aho kugira ngo ihitane abantu benshi reka nyishyire muri iki kintu, ihitanye imodoka nyinshi inahitana n’umunyeshyuri n’umu-Agenti ariko muri make yanze kwica abantu benshi.”

BYINSHI KURI IYI NKURU REBA VIDEO IKURIKIRA

 

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments