• Imikino /
Ikigo Goodrich Fitness Center kibarizwa  muri Sosiyete ya Goodrich Business Group imaze kuba  ubukombe mu Rwanda  mu gutanga serivisi z’ubuvuzi bw’umwimerere burimo inyunganiramirire, siporo n'ubundi buvuze buteye imbere ku bufatanye n'Akarere ka Ruhango bafunguye ku mugaragaro  inzu ikorerwamo imyitozo ngororamubiri muri  ako karere  mu gikorwa cya Siporo rusange mu rwego rwo kurwanya indwara  zibasira  umubiri w'umuntu  .

iki  gigikorwa cyabaye ku wa 14 Ukwakira 2025 mu karere ka Ruhango kitabirwa  n'umuyobozi w'akarere ka Ruhango Bwana HABARUREMA Valens ,ba Visi meya bombi b'akarere Uhagarariye ingabo mu karere Afande  Col Jaques Kanyesuku na bandi benshi  batandukanye 

Nyuma  yo gutangiza icyo gikorwa cya  Siporo rusange hakurikiyeho cyo Igikorwa cyo gupima zimwe mu ndwara zitandura ni zindi zikunda kwibasira umubiri wacu kubera  kudakora siporo ngo tugire ubuzima bwiza nk'umuvuduko w'amaraso ,Diabete, Umutima  ni zindi  nyinshi zitandukanye zifate umubiri wacu kubera  kudakora siporo

Umunyeshuri witwa Gikundiro Annick wiga muri Ecole Secondaire de Ruhango yatangarije BTN Rwanda ko abantu badakora  siporo abenshi baba bafite  ibyago byinshi byo gufatwa n'indwara nyinshi zitandukanye akaba yabasabye guhagurikira gukora siporo kuko zituma bagira  ubuzima buzira  Umuze .

Ku ruhande rwa Mugenzi we witwa Ishimwe Mizero Pacifique  we yadutangarije ko nk'umuntu wiga ishami rya MCB ririmo amasomo menshi ajyanye n'ibinyabuzima kandi akaba akora siporo nyinshi abona ari ingezi ku buzima kuko nyuma y'amasomo iyo bagiye kuyikora ibagasha kuruhuka no gutekereza neza bakarushaho gukurikira amasomo yabo 

Umuyobozi Mukuru wa Goodrich Business Group, Dr. Francis Habumugisha, nawe wari witabiriye iyo siporo rusange no gufungura ku mugaragarao iyo Gym yatangarije BTN Rwanda ko  bari bamaze igihe bifuza gufungura Gym mu Ruhango kuko ari mu rugo habo hakabiri nyuma yo kwakirwa neza n'Ubuyobozi bw'akarere ka Ruhango bwabakiriye neza nk'abafatanyabikorwa baje gushora Imari mu karere kabo.

Yakomeje avuga ko ibyo abanyaruhango bifuza muri iyo  muri iyo Gym  ya Goodrich Fitness Center  harimo na Sauna na massage  ndetse na  serivisi z’ubuvuzi bw’umwimerere burimo inyunganiramirire ku miryago iyikeneye.
Francis  yavuze kandi  ko uriya munsi wari urimo gahunda yo kuganiriza abaturage ba Ruhango uburyo bakwirinda indwara zitandukanye bakora siporo kuko bituma barama bakanabaho neza .

Muri uwo muhango kandi hatangiwe Ubwishingizi bw'Ubuzima ku bantu Ijana ndetse banatanga ibikoresho byo kwa Muganga bitandukanye .

Mu gusoza yasabye abantu bose  bifuza gukorana nabo ko Goodrich Fitness Center yiteguye gufatanya nabo mu bikorwa byose bijyanye nibyo bakora byose bifuza bijyane na Imyitozo ngoora mubiri ndetse n' inyunganiramirire  na sauna na Massage bahari kubera bo

Mu ijambo ry'Umuyobozi Mukuru w'akarere ka Ruhango Bwana HABARUREMA Valens  yatangarije BTN Rwanda ko mu karere ka ruhango ari nkaha mu gihugu kuko baziko ukora siporo igihe cyose  agira ubuzima bwiza ,ariko ibyo byose bikaba bijyana n'uburyo bw'imirire myiza kandi iboneye ,ariko yanasabye abaturage ba ruhango kwirinda kunywa ibisindisha no kurya  amafunguro adafite  intungamubiri cyangwa bitameze neza ariko kandi ukibuka gukora  siporo bituma ubuzima  bugenda neza ,abantu bagahumeka neza ndetse n'amaraso agatembera neza .

Meya Valens yasabye abafite ingufu ko byibura bajya bakora ka siporo k'iminota 30  bakora urugendo rw'amaguru byaba byakunaniye ugakora ukabikora  nka  3 mu cyumweru kuko bifasha mu buzima .

Yasoje yibutsa abaturage b'akarere ka Ruhango ko buri inshuro ebyiri mu kwezi bivuga inshuro imwe mu byumweru bibiri iyi gahunda izajya ibaho aho bizatuma bose aho batuye mu mirenge ndetse no mu tugari bazajya bagira aho bahurira bagasabana ndetse bakanaganira kw'iterambere ry''akarere kabo nabo ubwabo









Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments