• Imikino / FOOTBALL

Ikipe y’igihugu ya Morocco yegukanye igikombe cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 20 yandika amateka yo kuba igihugu cyo muri Afurika kigitwaye nyuma y’imyaka 16.

Guhera tariki ya 27 Nzeri kugeza ku mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere tariki ya 20 Ukwakira 2025 muri Chile habereye igikombe cy’Isi cy’abatarengeje imyaka 20.

Argentine ifite iki gikombe inshuro nyinshi na Morocco ni zo zageze ku mikino wa nyuma. Nubwo ikipe y’igihugu ya Argentine ariyo yahabwaga amahirwe ariko byarangiye Morocco itunguranye iyitsinda ibitego 2-0 byose bya Yassir Zabiri ku munota wa 12 na 29.

Morocco yahise yandika amateka yo kuba igihugu cya mbere cyo ku mugabane wa Afurika kigitwaye nyuma y’imyaka 16. Ghana niyo yaherukaga kugitwara muri 2009 aho icyo gihe yanditse amateka yo kuba igihugu cya mbere kigitwaye ku mugabane wa Afurika.

Othman Maama wa Morocco ni we wabaye umukinnyi wa mbere w’irushanwa, Yassir Zabiri nawe wa Morocco aba uwa kabiri naho Milton Delgado wa Argentine aba uwa gatatu. Ni mu gihe Santino Barbi wa Argentine we yabaye umunyezamu w’irushanwa.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments