• Amakuru / AMAKURU-YO-HANZE


Perezida wa Malawi, Profesa Arthur Peter Mutharika, yatangaje ko amashuri abanza n’ayisumbuye azajya yigwa ku buntu guhera mu kwezi kwa Mutarama 2026.

Ibi yabivugiye mu birori bya Mulhakho wa Alhomwe Festival byabereye i Mulanje, aho yahamagariye abaturage gushyira hamwe, gukunda igihugu no kurwanya inzara.

Mutharika yavuze ko leta yamaze kubona toni 200,000 z’ingano zivuye muri Zambiya, kugira ngo hatagira umuturage ugira inzara mu mezi ari imbere. Yihanangirije abahinzi babitse imyaka kugira ngo bazayigurishe ihenze, ababwira ko ibyo bishobora guteza inzara mu gihugu.

Perezida yashimangiye ko uburezi ari urufunguzo rw’iterambere, asaba ababyeyi n’abanyeshuri kubyaza amahirwe iya gahunda.

Ati: “Nta mubyeyi uzongera kugira urwitwazo rwo kutohereza umwana ku ishuri,”

Perezida yakomeje avuga ko yatowe na Malawi yose, atari ubwoko cyangwa ishyaka rimwe, asaba abaturage gukomeza kugira ukwizera n’ubumwe mu rugendo rwo kuzahura ubukungu.

Like This Post? Related Posts
Andika igitekerezo
Recent Comments